Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 2023:Abanyarwanda[kazi] 400 Bahagaritswe Bagiye Gucuruzwa Mu Mahanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

2023:Abanyarwanda[kazi] 400 Bahagaritswe Bagiye Gucuruzwa Mu Mahanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2023 7:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi ushinzwe ubutwererane bw’Akarere (Rtd) Gen James Kabarebe yatangarije Abasenateri ko inzego z’u Rwanda zakumiriye ko abantu 400 biganjemo abakobwa bajyanwa mu mahanga gucuruzwa.

Abenshi muri bo ni abakobwa bashukwa ko bagiye guhabwa imirimo iboneye kandi ihemba neza nyamara bagiye gukoreshwa uburaya cyangwa ubundi bucakara.

Igihugu abenshi baba bagiyemo ni Oman,  iki kikaba igihugu cyo mu Burengerazuba bwa Aziya, Umurwa mukuru wacyo ukuba Muscat.

Gen. (Rtd) James Kabarebe yabwiye Abasenateri ko buri munsi inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka zitahura kandi zigakumira abantu benshi baba bashaka kujya mu mahanga muri buriya buryo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Gen. (Rtd) James Kabarebe

Kabarebe ati: “  Abana cyane cyane b’ abakobwa, immigration na polisi bafatiye ku mupaka bakababuza kugenda, muri uyu mwaka gusa turimo ni 400. Buri munsi twe turabibona, ababujijwe gutambuka ku mupaka, kubera gusa kubona umwana w’umukobwa w’ imyaka 20, 19, 18, bakamubaza bati urajya he, ati: Ngiye Tanzania, bakurikirana telefoni ye bagasanga inzira ziramwerekeza muri Oman.”

Icyakora avuga ko hari abageze muri Oman bahahurira n’ibibazo u Rwanda rurabimenya rubafasha kugaruka mu gihugu cyabo.

Abenshi iyo bagezeyo  bisanga baratekewe umutwe mu mayeri akomeye.

Umunyamabanga wa Leta mu Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yanagaragaje ko hari politiki irimo kunononsorwa irebana n’uburyo u Rwanda rwajya rwohererezanya abakozi n’ibindi bihugu mu buryo bwemewe, bigakorwa hashingiwe ku makuru yabo azwi bityo no kubakurikirana bikoroha.

Indi nkuru bifitanye isano:

- Advertisement -

‘Icuruzwa Ry’Abanyarwandakazi’ Muri Uganda Ryakomye Rutenderi

TAGGED:AbakobwaAmahangafeaturedKabarebeOmanUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda N’Uburayi Mu Kwita Ku Myigire Y’Abana Barwo
Next Article Amerika Yasenye Aho Abarwanyi Bafatanyije Na Iran Babika Intwaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?