Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 3% By’Abanyarwanda Banduye VIH, Ababana Bahuje Ibitsina Ubwandu Ni 6.5% -RBC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

3% By’Abanyarwanda Banduye VIH, Ababana Bahuje Ibitsina Ubwandu Ni 6.5% -RBC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2022 8:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mu Kigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, ushinzwe agashami gashinzwe kurwanya Virusi itera SIDA, Dr Basile Ikuzo avuga ko imibare yerekana ko  3% by’Abanyarwanda bafite ubwandu bwa VIH, iyi ikaba ari yo virusi itera indwara bita SIDA.

Dr. Basile Ikuzo avuga ko ikibazo gituma abantu bandura muri iki gihe ari uko hari bamwe bakeka ko kuba haraje imiti igabanya ubwandu, byatanze icyo bita amahirwe yo gukora imibonano mpuzabitsina batikingiye bamwe bakanduza abandi.

Ikindi kibazo avuga ko gikomeye ni icy’abagabo cyangwa abasore bipimisha SIDA ari bake kandi n’abo  bake ntibabikore mu gihe gihoraho.

Avuga ko kuba abagabo n’abagore bipimisha ari bake ari ikibazo kuko abenshi muri bo usanga bafite abagore cyangwa abakobwa benshi bakorana imibonano mpuzabitsina.

Biteza ibyago by’uko bamwe banduza abandi kandi kubera ko batipimisha, bigatuma n’abo banduza abandi gutyo gutyo.

Ati: “ Ikibazo ni uko abanduye biganjemo abakiri bato kandi usanga bakiri mu cyiciro cy’abantu bashobora gukora. Ni abafite imyaka iri hagati ya 15 n’imyaka 64.”

Uyu muganga avuga ko ubushakashatsi bwa RBC bugaragaza ko abantu umunani(8) mu bantu 10,000 banduye SIDA.

Abenshi muri aba banduye biganjemo abantu baba mu Mijyi n’Umujyi wa Kigali.

Dr Basile Ikuzo

Dr. Basile Ikuzo avuga ko mu bantu babana bahuje ibitsina babaruwe, RBC yasanze abagera kuri 6.5% bafite ubwandu bwa SIDA.

Aba nabo ngo baregerwa bagasobanurirwa uko bakwirinda iriya ndwara kuko n’abo ari Abanyarwanda.

Abanyamadini nabo baje gutanga ubufasha mu guhashya SIDA…

Padiri Evaritse Nshimyumuremyi usanzwe uyobora Ihuriro nyarwanda ry’abanyamadini baharanira ubuzuma, RICH, yavuze ko  kuba bakora ubukangurambaga bwo kurwanya SIDA ari ubufatanye bahisemo  gukorana na Leta.

Ati: “ Ni umushinga tugomba gukorana na Leta kugira ngo  dufashe urubyiruko gutegura ejo hazaza rwirinda icyorezo cya SIDA.”

Padiri yavuze ko hari urubyiruko rwiraye rwumva ko SIDA itakica kuko hari imiti igabanya ubukana bwayo.

Arugira inama zo kuzibukira  ubusambanyi kandi rukumva ko kwisuzumisha ukamenya uko uhagaze ari ingenzi.

Abitabiriye iriya nama bigiye hamwe icyakorwa kugira ngo ubukangurambaga bugenewe kwirinda SIDA bugere ku rubyiruko rwinshi.

Basanze kugira ngo bishoboke, ari ngombwa ko ubwo butumwa butambutswa binyuze aho urwo rubyiruko rukunda guhurira ni ukuvuga ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi harimo no mu rusengero, mu tubari n’ahandi.

TAGGED:SIDAUbuzimaVIH
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rubanza Rwa Bamporiki Havuzwemo Na Minisitiri Gatabazi
Next Article Ibihe Isi Irimo Birakomeye, Ibyo Muri DRC Byakemuka…:Ijambo Rya Kagame Muri UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?