Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 9% Bya Postes de Santé Ntizikora Neza- Min Nsanzimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

9% Bya Postes de Santé Ntizikora Neza- Min Nsanzimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2024 4:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nk’uko biherutse gutangazwa na Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda hari amavuriro yegerejwe abaturage bita postes de santé angana 9% adakora na gake cyangwa se akora nabi.

Ibi bigira ingaruka kuri serivisi z’ubuzima zihabwa abayaturiye biganjemo abana n’ababyeyi bakunze kwibasirwa n’indwara za hato na hato.

Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano iheruka kuba muri Mutarama, 2024, abaturage bari bayitabiriye bagejeje iki kibazo kuri Perezida Kagame wari uyoboye iyi nama.

Ku munsi wayo wa mbere wabarijwemo n’iki kibazo, Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko mu Rwanda hose hari amavuriro 1,200 yegerejwe abaturage (postes de santé).

Avuga ko mu bugenzuzi bakoze basanze agera ku ijanisha ryavuzwe haruguru adakora kubera ko ba rwiyemezamirimo bayapatanye ngo bayubake cyangwa bayakoreshe barayasize atuzuye cyangwa se bayata yaruzuye.

Dr. Nsanzimana yasezeranyije abaturage na Perezida Kagame ko mu gihe gito kiri imbere bagiye gukemura iki kibazo, bikazakorwa ku bufatanye n’ubuyobozi bw’uturere ayo mavuriro aherereyemo.

Ikibazo cy’imikorere ‘idahwitse’ y’aya mavuriro kigeze no kuvugwaho muri Gashyantare, 2022.

Icyo gihe yavugwagaho kudaha abayagana serivisi bayifuzaho ku kigero nyacyo.

Bifuzaga ko mu byayashyirwamo  harimo gufata ibizamini hakoreshejwe ibyuma bireba udukoko duto bita microscopes, gufata no gupima ibizamini by’umusarane muto n’umunini, ikizamini cya malaria n’ibindi.

Muri uwo mwaka Dr. Corneille Ntihabose, umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri Minisiteri y’ubuzima yabwiye Kigali Today ko hari amabwiriza mashya yari yasohotse, yari arimo ko za postes de santé zigomba kongererwa ubushobozi mu bikorwa by’ubuvuzi kugira ngo zirusheho gutanga serivisi .

Icyo gihe nabwo Minisiteri y’ubuzima yavugaga ko muri aya mavuriro harimo ‘adakora’ ndetse n’andi adakora iminsi yose, ariko ikemeza ko hari ibyakorwaga ngo ibyo bikemuke.

Mu kiganiro Dr. Ntihabose yahaye bagenzi bacu kuri iyo ngingo, icyo gihe yababwiye ko umuforomo ari we wari wemerewe kuza agafatanya na Leta mu mikoreshereze y’iryo vuriro.

Icyakora ngo byaje guhinduka biba ibya buri wese ufite ubushobozi bw’amafaranga n’ubumenyi bwo gucunga aya mavuriro.

Muri izo mpinduka, Ntihabose yavuze ko Minisanté isaba uwo rwiyemezamirimo kuzana umuforomo ubizi neza akaba ari we wita kuri iryo vuriro, hanyuma rwiyemezamirimo we akaba umushoramari.

Poste de sante ni ingirakamaro mu kuvura abaturage begerejwe serivisi z’ubuzima(Ifoto: Kigali Today)

Hejuru y’ivuriro rimwe, rwiyemezamirimo yahawe uburenganzira bwo gucunga andi mavuriro akayacungira rimwe.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko kugira ngo Leta ifate amavuriro y’ibanze yose ibe ari yo iyacunga  byasaba abakozi bagera ku bihumbi bitandatu, bangana hafi na 1/3 cy’abakozi bari mu rwego rw’ubuzima bose uhereye ku kigo nderabuzima, ibitaro, kugera kuri CHUK byose bisanzwe bifite abakozi bagera hafi ku bihumbi 20.

Uyu ni umubare munini.

Mu mwaka wa 2022 hari abaturage bavugaga ko kuba hari amavuriro y’ibanze adakorana n’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) bibagiraho ingaruka.

Muri wo mwaka  Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwavugaga ko rwakoranaga n’amavuriro y’ibanze 430 gusa, avura abafite mituweli.

Imibare itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima yerekana ko nyuma yo gushyiraho amavuriro y’ibanze, abayagana biyongereye kuko, nk’urugero, mu mwaka wa 2016- 2017 bavuye ku 71,212 bagera kuri 4,425,855 hagati y’umwaka wa 2020-2021.

Birashoboka ko uyu mubare wiyongereye ku kigero cyo hejuru kurushaho.

TAGGED:AmavurirofeaturedMutuelleNsabimanaPostesRwandaSanteUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mugabe Ntakiri Umukinnyi Wa Patriots BBC
Next Article Arasaba Ubufasha Nyuma Yo Kubyara Abana Batatu Icyarimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?