BNR Yiteguye Guhangana N’Ibyatuma Igihugu Kitabona Ibikomoka Kuri Petelori

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Soraya Munyana Hakuziyaremye uyobora Banki nkuru y’u Rwanda avuga ko n’ubwo ku isi hari ibyatuma ibikomoka kuri petelori bigera mu Rwanda bigoranye cyangwa bihenze, igihugu kiteguye.

Avuga ko guhera mu mwaka wa 2020 ku isi hadutse ibibazo byatumye ubukungu bw’u Rwanda butsitara kandi kuva icyo gihe ibibazo ku isi ntibirashira.

Mu mpera za 2019 nibwo COVID-19 yadutse ku isi ariko igera mu Rwanda mu ntangiriro za 2020, ingaruka zikurikiye zajegeje ubukungu bw’igihugu.

Nyuma y’imyaka ibiri( 2022) hadutse intambara y’Uburusiya na Ukraine ituma gutumiza ibikomoka kuri petelori hanze bihenda.

Kuri iyi ngingo Guverineri Soraya Hakuziyaremye yavuze ko Leta yashyizeho ‘Nkunganire’ kugira ngo abakora mu rwego rw’ubwokorezi badahomba kandi ubuzima bw’ubukungu muri rusange bukomeze.

Bidatinze mu mwaka wa 2023 muri Nyakanga mu Burasirazuba bwo Hagati hadutse intambara hagati ya Israel na Hamas, nayo iteza ibindi bibazo.

Taarifa Rwanda yabajije niba intambara itutumba hagati ya Amerika na Iran itazatuma n’uburyo u Rwanda rwari rufite bwo gutumiza ibikomoka kuri petelori buzamba.

Guverineri Soraya Hakuziyaremye avuga ko BNR icungira hafi uko ibintu byifashe aho ari ho hose ku isi.

Ati: “Amakimbirane amaze iminsi ku isi n’ibindi bizazane ku bukungu bwacu ni ibintu bimaze imyaka itanu biba. Buri gihe rero dufata umwanya dukicana buri mezi atatu tukareba aho ibintu bihagaze.”

Yunzemo ko BNR nisanga uko ibintu bihagaze muri iki gihe birenze uko bari barabiteguye, izicara igashyiraho izindi ngamba.

Zahabu turacyayirundanya….

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda yatangarije Taarifa Rwanda ko mu rwego rwo kubona amadovize ahagije kandi mu buryo burambye, Banki nkuru muri Nyakanga, 2025 yatangiye kugura zahabu yo guhunika.

Yemeza ko ubu ari uburyo bukoreshwa no mu zindi Banki nkuru z’ibihugu nk’uburyo bwo kubika amadovize biciye muri iryo buye ry’agaciro.

Soraya Hakuziyaremye yabwiye itangazamakuru ko ibikubiye mu byavuye mu ishoramari u Rwanda rwakoze muri iryo buye ry’agaciro, bizatangazwa mu gihe cyagenwe.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *