Raporo zivuga ko Iran yahawe gahunda y’amahoro igizwe n’ingingo 15 itanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika binyuze muri Pakistan iri guhuza n’impande zombi.
Muri iyo gahunda – itaratangazwa ku mugaragaro – bivugwa ko Amerika isaba Iran gusenya ibikorwa byayo bya nikileyeri, maze igahabwa inyungu zo gukurirwaho ibihano.
Minisitiri umwe wo muri Israel yabwiye BBC ko iyi gahunda “isa neza ku mpapuro”, ariko yongeraho ko bishoboka cyane ko Iran itazemera ko iyishyira mu bikorwa.
Mbere yaho, umuvugizi w’ingabo za Iran yavuze ko Amerika “iri kwiganiriza ubwayo”, yongeraho ati: “Umuntu umeze nkatwe ntashobora kumvikana n’umuntu umeze nka mwe.”
Hagati aho, intumwa za Iran mu Muryango w’Abibumbye (UN) zatangaje ko ubwato “budafite umugambi mubi” bwemerewe kunyura mu muhora wa Hormuz.
Uyu munsi, ubwato butwara peteroli bufite aho buhuriye n’u Bushinwa bwabonetse muri ako gace.
N’ubwo bigoye kugenzura neza imibare y’ibibera muri Iran, umubare w’abamaze gupfa muri iyi ntambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati uravugwa ko urenze 4,500.
Iran ni yo yahombye cyane, aho ikigo HRANA gifite icyicaro muri Amerika kivuga ko abantu 3,291 bamaze gupfa, barimo abasivili 1,455.
Muri Liban, aho Israel iri kugaba ibitero kuri
Hezbollah, abantu 1,072 bamaze gupfa nk’uko minisiteri y’ubuzima y’aho ibivuga.
Muri Iraq, nibura abantu 81 bapfuye, benshi muri bo bakaba ari abo mu mutwe wa Hashed al-Shaabi ukorana na Iran.
Israel yatangaje ko abantu 18 bapfuye, ahanini bishwe n’ibisasu bya misile naho ingabo za Israel zavuze ko abasirikare bazo babiri biciwe mu Majyepfo ya Liban.
Amerika yo yatakaje abasirikare 13, harimo batandatu baguye mu mpanuka y’indege itanga lisansi mu kirere yabereye muri Iraq.
Ikindi gikorwa cyahitanye abantu 7 muri Qatar, nyuma y’uko kajugujugu yagize ikibazo iri mu kazi bituma ishyq nk’uko Minisiteri y’ingabo ibivuga.
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zatangaje ko abantu 9 bapfuye, harimo abasirikare 3 n’abasivili 6.
Kuwait yatangaje abantu 6 bapfuye, barimo abapolisi babiri n’abasirikare babiri.
Hari kandi amakuru avuga ko ibitero byahitanye abantu 4 muri Syria, abantu 4 muri West Bank( Palestine), abantu 2 muri Bahrain, abantu 2 muri Oman, n’abantu 2 muri Saudi Arabia.
NBS yanditse ko Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio na Visi Perezida wa Amerika JD Vance ari bo bakurikiranira hafi iyo dosiye.
Hagati aho Amerika yohereje abandi basirikare 1000 mu bice byo mu Burasirazuba bwo Hagati ngo babe bacungira ibintu hafi.
Ikindi ni uko ubushakashatsi bwemeza ko hafi 60% by’Ahanyamerika babona ko intambara ya Iran imaze gukabya.
Abantu bakuru batandatu mu icumi nibo babibona batyo mu gihe 26% mu gihe abandi bavuga ko ibyo Amerika yakoze bikwiye n’aho 13% bakavuga ko hakiri kare ngo ube wagira icyo ubivugaho.
Icyakora ababona iki gitero neza ni abo mu Repubulikani n’aho Abademokarate nibo bakijora.

