Ubushinwa Buvuga Ko Ibyo Amerika Ikora Kuri Irani ‘Biteje Akaga’

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Lin Jian, Umuvugizi wa Minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Ubushinwa. Ifoto: Global Times.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa yamaganye ibyo Amerika iherutse gutangira gukora byo gukoma ubwato bugana ku byambu bya Irani.

Ubushinwa buvuga ko niba ibyo bikomeje, bizatuma ibintu bizamba kuko bizagira ingaruka ku bihugu byinshi.

Beijing isanzwe ari yo mufatanyabikorwa ukomeye wa Irani mu bucuruzi cyane cyane ubwa petelori kuko nta kindi gihugu Amerika yemereye kugura petelori ya Teheran.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa ivuga ko kuba Amerika yarafunze ibyambu byinshi bya Irani ngo bitagerwaho n’ubwato bwinshi ari “igikorwa giteje akaga kandi kitatekerejweho neza”

Hagati aho, kuri uyu wa Kabiri tariki 14, Mata, 2026 hari ubwato bune(bubiri muri bwo ni ubw’Ubushinwa) bwashoboye guca mu muhora wa Hormuz Irani imaze igihe yarabujije ko hari ubwato bwahaca.

Gufunga ibyambu bya Irani bikozwe na Washington byatangiye gushyirwa mu bikorwa ku wa Mbere kandi Visi Perezida wa Amerika JD Vance yashinje Irani “iterabwoba ry’ubukungu”, avuga ko “n’abandi bashobora gukora batyo” niba Irani ikomeye kuri icyo cyemezo.

Igisirikare cya Amerika cyatangaje ko “kitazabuza” ubwato gukoresha iyo nzira y’amazi ajya cyangwa ava ku byambu bya Irani. Iran yo ivuga ko icyo gikorwa ari ukurenga ku busugire bwayo.

Ahandi, u Butaliyani bwatangaje ko buhagaritse amasezerano y’ubwirinzi bwari bufitanye na Isiraheli, nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo mu Butaliyani.

Hagati aho, ibiganiro bitaziguye hagati y’abayobozi ba Libani na Isiraheli birabera muri Amerika kuri uyu wa Kabiri tariki 14, Mata, 2026 — bikaba ari ubwa mbere mu myaka myinshi ishize impande zombi zicarana mu biganiro nk’ibi.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *