Minisiteri 15 Za Madagascar Zanyereje Miliyoni $ 919

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Madagascar ni cyo kirwa kinini kurusha ibindi ku isi, kikaba mu nyanja y'Abahinde.

Muri Madagascar haravugwa miliyoni $ 919 zanyerejwe na Minisiteri 15 muri Guverinoma y’iki gihugu. Nk’uko raporo y’igenzura (audit) ibigaragaza, ubu bujura bwabaye mu gihe cy’imyaka itanu.

Igenzura ryakorewe muri Minisiteri 15 n’ibigo bya Leta ryerekanye ko ayo mafaranga yanyerejwe mu mishinga minini y’ibikorwa remezo, harimo umushinga wa gari ya moshi yo mu mujyi ndetse n’uburyo bwo gutwara abantu hifashishijwe utumodoka tunyura ku ntsinga ziri mu kirere bita cable cars, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Perezidansi, Harry Laurent Rahajason.

Perezidansi ya Madagascar yatangiye gukaza ingamba mu kurwanya ruswa, igamije gusukura imikorere y’ibigo bya Leta.

Madagascar iri mu bihugu bikennye cyane ku isi kandi muri iki gihugu harangwa  ruswa aho mu mwaka wa 2024 yashyizwe ku mwanya wa 140 mu bihugu 180 ku rutonde rwa Transparency International rugaragaza uko ruswa ihagaze.

Ubuyobozi buriho ubu, buri kotswa igitutu nyuma ya coup d’etat yayobowe n’ingabo mu 2025 ndetse bwashyizeho impuguke mu kurwanya ruswa kugira ngo bukomeze iperereza noguta muri yombi ababigizemo uruhare no kugaruza umutungo wa Leta.

Abayobozi b’inzibacyuho muri iki gihugu kandi bifuza kugaruza hafi miliyari $ 5   bivugwa ko zanyerejwe zikajyanwa mu mahanga—, aya akaba amafaranga angana hafi n’ingengo y’imari igihugu gikoresha mu mwaka umwe.

Inzego zibishinzwe zasohoye kandi impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi abantu bakekwaho ibyaha birimo kunyereza umutungo, kunyereza imisoro no gukoresha nabi umutungo wa Leta muri rusange.

Ravatomanga, umuherwe ukomeye kandi wari inshuti ya hafi y’uwahoze ari Perezida Andry Rajoelina mu mwaka wa 2025 yatawe muri yombi afitiwe mu birwa bya Maurice mu mpera za 2025.

Minisitiri w’Ubutabera, Fanirisoa Ernaivo, ayoboye itsinda ryihariye rishinzwe kurwanya ibyaha rikorana n’abayobozi bo muri biriya birwa n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga mu gufatira imitungo no kugaruza amafaranga yibwe.

Kugeza muri Werurwe 2026, hafi miliyoni $ 4.75 zari zifitanye isano n’inyerezwa ry’umutungo muri sosiyete icukura amabuye y’agaciro ya Kraoma Malagasy zari zamaze kugaruzwa.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *