‘Influencer’ Yagonze Mugenzi We Kubera Ishyari

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Gabrielle Carrington uvugwaho guhemukira mugenzi we akamugonga. Ifoto: Dailymail

Mu Bwongereza haravugwa inkuru y’umukobwa w’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga wagonzwe na mugenzi we akamukomeretsa bikomeye k’uburyo ashobora no kuhasiga ubuzima. Polisi ivugwa ko umwe yari afitiye undi ishyari, ndetse ngo bari babanje gutongana.

Amashusho agaragaza uwo mukobwa agonga abantu batatu hanze y’akabyiniro kari ahitwa Soho, uwagonzwe akaba ari icyamamara kuri TikTok na Instagram wamamaye ku izina rya Klaudiaglam naho uwamugonze akitwa Gabrielle Carrington.

Uwahuye n’ako kaga yigeze kugera ku cyiciro cya nyuma cy’irushanwa ryo mu Byongereza ryitwa The X Factor, nk’uko byatangajwe na Daily Mail.

Ubuzima bw’uwagonzwe ngo buri hagati y’urupfu n’umupfumu.

Yagonzwe ari kumwe n’abandi bantu babiri barimo umugabo w’imyaka 50 bari mo bagendana hanze y’akabyiniro uwo mukobwa yari yasohokeyemo kuri iki Cyumweru.

Uvugwaho kugonga mugenzi we, nawe ni icyamamara kuri Instagram akaba afite abafana 362,000, bikavugwa ko mu kugonga mugenzi we, yakoresheje ivatiri y’umukara akunze kugaragaza ku mbuga akoresha.

Gabrielle Carrington, w’imyaka 29, uzwi nka RIELLEUK, yari yabanje gutongana na Klaudiaglam, ababyumvise bakavuga ko intonganya zabo zari zishingiye k’uguhiganwa ubwiza n’ubwamamare.

Kugeza ubu, Gabrielle Carrington aracyafungiye kuri polisi, ariko abapolisi bakemeza ko ibyabaye bitagize igikorwa cy’iterabwoba.

Umuyobozi mu ishami rishinzwe iperereza Alison Foxwell yagize ati: “Mu gihe iperereza rikomeje twihanganishije abakomeretse n’imiryango yabo.”

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *