Kuri Awtseana Welday Abraham, umushoramari w’Umunya-Eritrea washinze Lakeside View Lounge & Restaurant i Rubavu, ibyari ari ukutumvikana n’umukodesha ku bukode byaje guhinduka amakimbirane ashingiye ku masezerano abiri y’imyaka y’ubukode bw’imyaka 10, arimo $45,454 yishyuwe mbere yo gukodesha ahagenewe parikingi.
Ryari ishoramari ryose hamwe rya S$350,000.
Abraham avuga ko uyu mwiryane wamuteje igihombo gikomeye mu bucuruzi, umushyira mu makimbirane ya hato na hato, umusiga mu ngorane zo gukomeza ubucuruzi bwe bushingiye ku masezerano avuga ko yari buzageze mu mwaka wa 2034.
Amakimbirane aheruka, yamenyekanye cyane ubwo umucanga, amabuye n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi byashyirwaga mu ntanzi z’inyubako y’ubucuruzi bwe yitwa Lakeside View, bikabangamira abakiliya n’ibinyabiziga byaba ibyabo, iby’abakozi cyangwa abandi bahagana.
Aho ibyo bibereye, hakurikiyeho impaka zikomeye, ibikorwa by’ubucuruzi by’aho bibanza guhagarara by’agateganyo mbere y’uko Polisi n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bahagera.
Mu ishingiro ry’aya makimbirane harimo uwitwa Umwali Belinda, nyiri Saga Bay, ikigo cyaguze uwo mutungo kuri Eugène Sibomana wahoze ari nyirawo kandi akaba ari na we wahoze awukodesha Abraham.
Saga Bay na Lakeside View ni ibigo bibiri bikora ubucuruzi bwo kwakira abantu, kandi bitandukanywa n’intera ya metero nke.
Polisi n’abakozi ba RIB bagiriye inama impande zombi yo gukomeza kubana mu bwubahane no gushaka umuti w’amakimbirane mu bwumvikane, binyuze ku buyobozi bw’Akarere cyangwa se bakitabaza inkiko zibifitiye ububasha.
Ibibazo bya Abraham ntibyatangiranye n’aya makimbirane aheruka…
Uyu mugabo avuga ko Lakeside View yari imaze igihe iri ku gitutu cyo kugenzurwa bya hato na hato, ibintu by’umwihariko byagize ingaruka ku bucuruzi mu mpera z’icyumweru ubwo i Rubavu haba hasuwe na benshi.
Abraham hamwe n’abantu batandukanye bazi neza ibikorwa bya Lakeside View bavuga ko icyo kigo cyari cyarabaye ahantu hakunzwe cyane n’abantu bitabira ibirori bikomeye bibera i Rubavu, birimo Kivu Fest, aho abantu benshi baza muri uyu mujyi uri ku nkengero z’ikiyaga, bigatuma ibikorwa by’ubukerarugendo bigira abakiliya benshi.
Avuga ko mu nshuro nyinshi, ubuyobozi bw’ibanze bwajyaga bufunga Lakeside View umunsi umwe cyangwa ibiri mbere y’ibirori, bugafata ibyuma by’umuziki n’ibindi bikoresho bya elegitoroniki, bikazagarurwa kuwa Mbere.
Abantu benshi Taarifa Rwanda yabajije bashimangiye ko Lakeside View yagiye ikorerwa ibikorwa byo kuyigenzura no gufunga inshuro nyinshi kandi mu by’ukuri nta kintu ‘kigaragara’ izira.
Abraham kandi avuga ko mu gihe ikigo cye cyafungwaga ndetse kigakorerwa igenzura rya hato na hato n’abashinzwe umutekano, Saga Bay yo hari ubwo yabaga yemerewe gukora na nyuma y’igihe cy’amasaha ibirori biba byemerewe gukorwa.
Taarifa ntiyashoboye kugaragaza ko ibyo bikorwa byo kugenzura ‘byari bigamije nkana’ guhutaza Lakeside View cyangwa gutonesha uwo bahanganye mu bucuruzi.
Ubwanditsi bwayo bwasabye kenshi ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu gusobanura itandukaniro rivugwa mu ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko ku mpande zivugwa muri iyi nkuru, ariko kugeza igihe iyi nkuru yandikwaga bwari butarasubiza.
Amasezerano y’ubukode yatangiye mu 2024
Muri izi mpaka harimo ikibazo cy’amasezerano cyatangiye mu 2024.
Inyandiko Taarifa yasuzumye zigaragaza ko ku wa 1 Mutarama(1) 2024, Lakeside View yagiranye na Sibomana amasezerano y’ubukode bw’ubucuruzi y’imyaka 10, ku nyubako iri mu Kagari ka Nengo, Umurenge wa Gisenyi, Akarere ka Rubavu.
Amasezerano yagenaga neza amafaranga y’ubukode y’uko Abraham yagombaga kwishyura Miliyoni Frw 1 buri kwezi mu myaka ine yagombaga gukurikiraho.
Nyuma y’icyo gihe, ubukode bwagombaga kuzamukaho Frw 500,000 bukagera kuri Miliyoni Frw 1.5 buri kwezi mu gihe cyakurikiyeho cyagenwaga muri ayo masezerano, kandi ubukode bwagombaga kwishyurwa buri mezi atatu mbere.
Abraham yari yemerewe kuvugurura no guhindura inyubako kugira ngo ayihindure ahakorerwa ubucuruzi bwo kwakira abantu hasa neza.
Ariko igihe ubukode bwari kuba burangiye, ibyashyizwe kuri iyo nzu byari gusigara ari iby’ibya nyiri inyubako.
Mu yandi magambo, Abraham ni we wari gutera inkunga iterambere rya Lakeside View, agakoreramo ubucuruzi kandi akishyura ubukode mu gihe cyose cy’amasezerano, mu gihe Sibomana yari kuzagumana umutungo hamwe n’ibyawongereweho byari kuba byarashyizweho ku buryo buhoraho kandi byujuje ibisabwa n’amasezerano.
Amasezerano yagombaga kurangira ku wa 1 Mutarama(1) 2034 kandi gukomeza kuyashyira mu bikorwa nyuma y’iyo tariki byari gusaba ko impande zombi zumvikana mu nyandiko ku bijyanye no kuyongera; bitabaye ibyo, ubukode bukarangira hakurikijwe amasezerano yari asanzweho.
$45,454 yishyuwe mbere kuri parikingi
Nyuma y’amezi atanu gusa amasezerano ya mbere asinywe, hasinywe andi arebana n’ahantu ha metero 16 hateganyirijwe guhagarikwamo imodoka, hafi ya resitora.
Abraham avuga ko aka gace kari gasanzwe kagize igice cy’ubutaka bwari bugenewe umutungo yagombaga gucunga, mbere y’uko Sibomana agakataho ukwe maze agasaba ko hakorwa andi masezerano y’ubukode.
Muri aya masezerano ya kabiri, Abraham yasabwaga kwishyura $45,454 mbere nk’ubukode bw’ahaparikwa imodoka mu gihe cy’imyaka 10 kandi ayo mafaranga yishyuwe mu byiciro bibiri, muri Kamena(6) na Nyakanga(7) 2024.
Ikintu cy’ingenzi ni uko aya masezerano ateganya ko mu gihe umutungo waba ugurishijwe, nyirawo mushya agomba kubahiriza amasezerano yari asanzweho.
Abahanga mu by’amategeko bazi ibibazo by’ubukode bw’ubucuruzi bavuga ko kugurisha umutungo ubwabyo bidahita bikuraho inshingano z’amasezerano zari zarashyizweho hagati y’ukodesha n’umukodesha.
Bavuga ko ikibazo gishobora kuzashingira ku kumenya niba Sibomana agomba kwishyura Abraham agaciro k’ubukungu k’amasezerano yari asigaye, niba Saga Bay igomba kubahiriza amasezerano y’ubukode yari asanzweho, cyangwa niba Saga Bay na Lakeside View bagomba kongera kuganira bakumvikana ku buryo bushya bwo gukomeza ubukode bwari busigaye.
Umwe mu bahanga mu by’amategeko bazi iby’aya makimbirane yabwiye Taarifa Rwanda ati: “Ntibashobora kumwirengagiza gusa. Ibyo ntibishobora kuba binyuranyije n’amategeko gusa, ahubwo bishobora no guteza igihombo gikomeye mu bukungu kandi bigahinduka intambara ikomeye y’amategeko hagati y’impande eshatu.”
Icyakora, indishyi yaba igomba gutangwa yazagenwa hashingiwe ku masezerano, ku mafaranga yamaze kwishyurwa, ibyongerewe ku mutungo, igihombo gishobora kugaragazwa n’ibindi bimenyetso, ndetse n’icyemezo cy’urukiko rubifitiye ububasha.
Ubukode bwazamutse n’umutungo uragurishwa
Nyuma y’aho rero nibwo Abraham yitotombeye ko Sibomana yasabye ko ubukode bwazamurwa nubwo hari amasezerano yari asanzweho.
Nubwo Abraham avuga ko yabanje kurwanya iryo zamurwa, avuga ko yaje kwishyura amafaranga mashya yasabwe ariko ntibyagira icyo bihindura kuko byaje kugera naho umubano uzamba kurushaho.
Mu gihe amakimbirane yari akomeje kwiyongera, Abraham avuga ko yagize igitekerezo cyo kugura uwo mutungo ubwe.
Avuga ko Sibomana yakomeje kumusezeranya ko azamusubiza ku cyifuzo cye cyo kugura uwo mutungo ariko ngo si uko yabikoze.
Aho kugira ngo awugure, yahisemo kuwugurisha Saga Bay Ltd ikigo cyakira abaje kwidagadura kiri mu ntero nto uvuye kuri Lakeside View kandi ibigo byombi bisanzwe birushanwa abakiliya.
Ibyo kandi byakozwe Abraham atabimenyeshejwe mu buryo bwemewe ngo amenye ko uwo mutungo wagurishijwe.
Umwali( wo muri Saga Bay Lt) yemereye Taarifa Rwanda ko yaguze uwo mutungo kuri Sibomana ndetse yerekanye icyangombwa cy’ubutaka kiriho amazina ye n’ay’umuvandimwe we.
Icyakora, uko uwo mutungo waguzwe bitera urujijo rwo kumenya niba Umwali yari yari azi cyangwa atari azi iby’amasezerano y’ubukode yari asanzweho mbere yo kurangiza igikorwa cyo kugura, ndetse n’uburyo ayo masezerano y’igihe kirekire yakemuwe mu gihe cy’igurisha.
Ubwo yabazwaga kucyo avuga ku burenganzira bwa Abraham bwateganywaga n’amasezerano yagiranye na Sibomana, Umwali yahakanye ko yari azi ibisobanuro by’ayo masezerano maze asaba Abraham gukurikirana ibirego bye kuri nyir’ubutaka.
Hari kandi inyandiko ivugwa ko ari iy’iseswa ry’amasezerano y’ubukode kandi iriho izina rya Sibomana.
Icyo Taarifa Rwanda yabonye ni uko iyo nyandiko nta mukono iyiriho kandi bivugwa ko yakiriwe n’umukozi wa Lakeside View aho kuba Abraham ubwe.
Umwali yahakanye ko ari we wagize uruhare muri iyo nyandiko, mu gihe Abraham we atemera agaciro kayo.
Amakimbirane hagati ya nyir’umutungo mushya n’umukodesha we
Nyuma yaho, umubano hagati ya nyir’umutungo mushya n’umukodesha wakomeje kuzamo amakimbirane ya hato na hato.
Bivugwa ko Umwali yigeze gutegura ibirori byo kwizihiza ko yabonye umutungo w’uwo bahanganye mu bucuruzi, ndetse akaba yarahavugiye ko yari afite gahunda yo gukoresha umutungo we wose mu guhangana na we no kwigarurira isoko, ariko iyo gahunda ntigende uko yayipangaga.
Umushoramari Abraham avuga ko mu bihe bitandukanye Umwali yamubwiye ko azamugora mu buzima ndetse akamwirukanisha mu gihugu. Yongeraho ko hari ikindi gihe yamuteye ubwoba bwo kumwica.
Umwali ahakana ibyo birego, kandi nta rwego rubifitiye ububasha rigeze rushimangira ko ibyo bikorwa cyangwa ayo magambo yabayeho.
Aya makimbirane kandi amaze kwivanga n’ihangana mu bucuruzi.
Abantu bo muri Rubavu bavuga ko Saga Bay yamaze igihe ifite umwanya ukomeye mu bucuruzi bwo kwakira abantu mbere y’uko Lakeside View itangira gukurura umubare munini w’abakiliya, cyane cyane mu mpera z’icyumweru.
Abantu bazi iby’igurishwa rivugwa aha, bavuga ko Saga Bay yari izi ko Lakeside View ikorera kuri uwo mutungo hashingiwe ku masezerano y’igihe kirekire mbere y’uko iwugura, bakibaza niba igikorwa nk’icyo cyashoboraga kurangizwa hatabanje gusuzumwa uko uburenganzira bw’umukodesha bwari buteye.
Taarifa ntiyabonye ibimenyetso bigaragaza ko Saga Bay yaguze uwo mutungo mu buryo bw’umwihariko igamije gukuraho Lakeside View nk’uwo bahanganye mu bucuruzi, kandi Umwali ahakana ibirego by’imyitwarire mibi bijyanye n’igurwa ry’uwo mutungo.
Abraham yitabaje inzego za Leta
Nyamara iki kibazo kigeze kuri uru rwego mu gihe Abraham avuga ko yari amaze igihe ashaka ubufasha bw’inzego za Leta.
Ku wa 11 Kamena(6) 2025, yandikiye Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, amusaba kumutabara.
Yavuze ko Lakeside View ari sosiyete yanditse mu buryo bwemewe kandi ifite Investment Certificate N°C/3789/2024, ndetse avuga ko muri icyo gihe yari amaze gushora hafi $350,000 muri ubwo bucuruzi.
Mu ijwi ryumvikanamo umubabaro, avuga ko iki kibazo cyatumye ishiramari rye rigera hafi ku ndunduro, rigahomba burundu.
Ku wa 16 Nyakanga(7) 2025, Abraham yongeye kwandikira Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, nyuma y’ikiganiro cyari cyabaye hagati y’Umuyobozi w’Akarere n’umwunganizi we mu mategeko.
Abraham n’umwunganizi we bavuga ko nta rwego muri izo zombi zabasubije, ngo zibahe ubufasha bushingiye ku gisubizo gifatika.
RDB yasubije ibibazo bya Taarifa.
Richard Kayibanda, Umuyobozi Mukuru ushinzwe gutanga impushya muri RDB, yabwiye Taarifa Rwanda ko hashingiwe ku makuru ikigo gifite, ikibazo ahanini gisa n’amakimbirane y’amasezerano hagati y’umushoramari n’umukodesha.
Kayibanda yagize ati: “Twemera ko amakimbirane nk’aya ashobora kugora abashoramari, kandi dufatana uburemere ibibazo byose bijyanye n’uburambe bwabo mu ishoramari mu Rwanda.”
Yavuze ko ibirego by’uko amasezerano atubahirijwe biri mu bubasha bw’inkiko zibifitiye ububasha, mu gihe ibirego by’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bigomba gukurikiranwa n’inzego z’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha.
Ati: “Dushingiye ku makuru twahawe, umushoramari yamaze gutanga ikirego muri RIB, kandi turamushishikariza gukomeza gukorana n’inzego bireba binyuze mu nzira z’amategeko zashyizweho.”
Kayibanda yongeyeho ko RDB “iha agaciro buri mushoramari” kandi ko ikomeje kwiyemeza guteza imbere ahantu h’ubucuruzi harangwa no gukorera mu mucyo, kutavangura no kwakira abashoramari.
Icyakora, ntiyasobanuye icyo RDB yakoze ubwo Abraham yari yandikiye Umuyobozi Mukuru wayo muri Kamena(6) 2025, cyangwa impamvu umushoramari avuga ko atabonye igisubizo gifatika mbere y’uko amakimbirane arushaho gukomera.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa, na we yabajijwe ku ibaruwa Abraham yanditse muri Nyakanga(7) 2025, ku birego by’uko Lakeside View yafunzwe inshuro nyinshi kandi ibikoresho byayo bigafatirwa, ku birego by’uko amategeko yashyirwaga mu bikorwa mu buryo butangana ku mpande zirebwa n’ikibazo, ndetse n’ibirego by’itotezwa bivugwa ko ryakorewe Abraham n’abakozi b’Akarere.
Kugeza igihe inkuru yatangazwaga, Umuyobozi w’Akarere yari atarasubiza.
Sibomana ntiyigeze asubiza ibibazo Taarifa yamubajije.
Mu bindi, Taarifa yamusabye gusobanura impamvu yasabye kongera ubukode nyuma yo gusinya amasezerano y’igihe kirekire, ibijyanye na $45,454 yishyuwe mbere ajyanye na parikingi, ibyo yabwiye Saga Bay ku masezerano y’ubukode yari asanzweho, impamvu Abraham avuga ko atamenyeshejwe ko umutungo wagurishijwe n’impamvu uwo mutungo wagurishijwe Saga Bay nyuma y’uko Abraham yari yatanze igitekerezo cyo kuwugura kandi ategereje igisubizo cya Sibomana.
Ibyo ntacyo yabibwiyeho iki kinyamakuru uri gusoma.
Hagati aho, ikibazo cyageze no muri PSF.
Abraham kandi yashatse ubufasha bwa Private Sector Federation (PSF) mu Karere ka Rubavu, aho ari umunyamuryango wayo.
Nk’uko amakuru Taarifa yabonye abigaragaza, igisubizo cya PSF y’i Rubavu cyagejejwe kuri Abraham cyari uko Umwali, nk’umuntu mushya wari ufite umutungo, yari afite uburenganzira kuri uwo mutungo kandi ko yagombaga kubahiriza ibyo amusaba.
Abraham we avuga ko igihe yagaragazaga uburenganzira bwe bwari bushingiye ku masezerano yari asanzweho, yasubijwe ko bireba Sibomana.
Nyuma yaho, ikibazo cyageze no mu itsinda rya WhatsApp rikoreshwa n’abanyamuryango ba PSF mu kuganira ku bibazo by’ubukungu n’ubucuruzi mu Karere.
Abraham yasangije bagenzi be muri iryo tsinda ibyamubayeho, nyuma aza gukurwamo, nk’uko amakuru Taarifa yasuzumye abigaragaza. Impamvu nyayo yo kumukuramo muri iryo tsinda ntiramenyekana neza.
Hari n’ikindi kibazo kijyanye n’amakuru y’imari ya Lakeside View.
Taarifa yabwiwe ko Sibomana yari yarakoresheje umucungamari wari ufite ubushobozi bwo kubona inyandiko z’imari za resitora n’izindi nyandiko z’imbere mu kigo.
Abraham akeka ko amakuru y’ibanga ashobora kuba yarashyikirijwe abantu bo hanze y’ikigo.
Icyakora, Taarifa ntiyashoboye mu buryo bwigenga, gusuzuma no kwemeza ko hari inyandiko z’ibanga zasangijwe abandi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ikibazo kirerekeza mu nkiko
Abanyamategeko ba Abraham bavuga ko gutabara kw’inzego hakiri kare kwari kuba kwarabujije aya makimbirane kugera ku rwego agezeho ubu.
Nk’uko abanyamategeko be babivuga, ubusabe bw’umushoramari bwo gufashwa na RDB n’Akarere bwari butarabonerwa igisubizo mu gihe yari amaze guhura n’ibikorwa avuga ko bigize ugutotezwa n’iterabwoba yakorewe ndetse n’igihombo gikomeza kwiyongera mu bucuruzi bwe.
Ubu ikibazo kirerekeza mu nkiko, aho abanyamategeko ba Abraham barim gutegura ikirego ku bijyanye n’igeragezwa ryo kumwirukana mu mutungo we no kurengera uburenganzira bwe bukomoka ku masezerano.
Kugeza igihe iyi nkuru yandikwaga, Lakeside View yari itarongera kugerwaho n’abakiliya, ibintu byahagaritse ibikorwa bisanzwe by’ubucuruzi.
Kuri Abraham, ingaruka z’aya makimbirane ntizikiri gusa ku mpaka z’amagambo ari mu masezerano yasinywe mu mwaka wa 2024.
Resitora ye iri gutakaza abakiliya, ishoramari avuga ko rifite agaciro ka hafi $350,000 rikomeje kugana aharindimuka, kandi uko bigaragara, amasezerano y’ imikoranire y’ubucuruzi mu gihe cy’imyaka 10 ashobora kurangira asuzumwe n’urukiko rubifitiye ububasha.

