Oman Ntiremeranya Na Iran Uko Hormuz Yafungurwa

Umwanditsi wa Taarifa
6 Min Read
Ubwami bwa Oman. Ifoto@Vecteezy.

Oman yatangaje ko ibiganiro byiza biri gukorwa na Iran ku masezerano agamije gutuma inzira y’ubwikorezi bw’amato inyura mu Nyanja ya Hormuz ibasha kongera gukoreshwa mu mutekano.

Icyakora, Tehran yavuze ko nubwo ayo masezerano yagerwaho, bitazahita bituma uwo muyoboro w’amazi ufungurwa.

Ku wa Gatandatu 08, Kanama, impande zombi zatangaje ko ibiganiro biri kugenda neza, ariko hakaba hataramenyekana igihe nyacyo amasezerano kuri iyo ngingo ashobora kuzarangirira.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Oman yasabye kandi ko habaho kwirinda ibitero ku bwato, kuko bishobora kubangamira imigendere y’ubwikorezi bwo mu mazi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yavuze ko ibiganiro bigeze mu byiciro bya nyuma, ariko ko kongera gufungura Umuhora wa Hormuz bigifite ibindi bisaba.

Kuva Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Isiraheli batangira kugaba ibitero kuri Iran muri Gashyantare(2), Tehran mu buryo bufatika yahagaritse ikoreshwa risanzwe ry’umuhora wa Hormuz.

Ni inzira isanzwe inyuramo hafi kimwe cya gatanu cya peteroli na gaze isi yose ikenera.

Mu minsi ishize, ibiganiro byibanze k’uburyo Iran na Oman byashyiraho indi nzira y’ubwikorezi inyura muri Hormuz, impande zombi zikagira inshingano zo kuyicunga, hanyuma byamara kugerwaho, bikazaba intandaro y’uko Hormuz yakongera gufungurwa.

Ariko Araghchi yavuze ko kugira ngo Iran ifungurwe burundu iyo nzira, hari ibindi bigomba kubanza kuzuzwa. Ntiyatanze ibisobanuro birambuye kuri ibyo bisabwa.

Gusa yavuze ko muri byo harimo ko Iran igomba guhabwa indishyi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera ibyo Tehran ivuga ko ari ukurenga ku masezerano impande zombi zari zarasinye muri Kamena(6), agamije guhagarika imirwano no gutangiza ibiganiro byo kurangiza intambara.

Ayo masezerano, azwi nka Islamabad Memorandum of Understanding (MoU), yasenyutse bidatinze, kimwe n’ibiganiro bya dipolomasi byakurikiyeho.

Iminsi mike gusa nyuma yo kuyasinya, impande zombi zasubukuranyaho ibitero

Ku rundi ruhande, Mohammad Baqer Zolqadr, ushinzwe umutekano muri Iran, yabwiye ibiro ntaramakuru Tasnim ko Hormuz itazongera gufungurwa kugeza igihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika “izakosora” imyitwarire yayo.

Yavuze ko Amerika igomba kubahiriza ibisabwa bitandatu Iran yashyizeho, birimo guhagarika iterabwoba iryo ari ryo ryose riyigambiriye, gukuraho ubwato bwa Amerika bwafunze ibyambu bya Iran ngo hatagira ubikoresha no kurekura umutungo wa Iran wafungiwe mu mahanga.

Hagati aho, hari n’indi nzira y’amazi yafunzwe.

Ku byambu bya Saudi Arabia biri ku Nyanja Itukura, Abahouthi bo muri Yemen bashyigikiwe na Iran bamaze iminsi bahagaritse ubwikorezi buhaca, iki cyemezo bakaba baragifashe kuva ku wa 20,  Nyakanga(7).

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko amasezerano na Iran “ashobora kuboneka vuba” ariko ku wa Gatandatu, Visi Perezida JD Vance yagaragarije kuri Fox News ko nubwo hari intambwe imaze guterwa, hakiri byinshi bigomba gukorwa.

Ati: “Turacyari hagati mu mukino. Iki kibazo ntikirarangira.”

Vance yongeyeho ko Amerika iri gukoresha “ibikoresho byinshi birimo ibiganiro bya dipolomasi, ubukungu n’uburyo bwa gisirikare” kugira ngo ibone igisubizo cyiza ku baturage b’Abanyamerika.

Yavuze kandi ko “umubare ungana wa peteroli” n’uwajyaga usohoka mu kigobe uzongera gusohoka, ugereranyije n’uko byari bimeze mbere y’uko ibikorwa bya gisirikare bya Amerika bitangira ku wa 28 Gashyantare(2), nubwo nta bisobanuro birambuye yatanze.

Kimwe mu bibazo bikomeye bikomeje gutandukanya Tehran na Washington ni raporo zivuga ko Iran ishaka gushyiraho amafaranga azajya yishyurwa kugira ngo ubwato bwambuke Hormuz.

Reuters, ishingiye ku makuru yatanzwe n’umutegetsi wa Iran, yari yatangaje ko Tehran ishaka ko ubwato buzanyura muri iyo nzira bumaze kwishyura amafaranga angana na 5% kugeza kuri 7% by’agaciro k’imizigo bupakiye.

Visi Perezida wa Amerika JD Vance yarabinyomoje ati: “Abanya-Iran batubwiye ko nta gahunda bafite yo gushyiraho amafaranga yo kwambutsa ubwato muri Hormuz.”

Kuba Oman isaba ko nta ruhande rukwiye kongera kurasa ku bwato buca muri uwo muhora biri mu rwego rwo kugira ngo ibiganiro bitagire kirogoya, bikarakaza Iran kandi hari intambwe yari imaze guterwa ngo bigende neza.

Ibi bivuzwe na Muscat( umurwa mukuru wa Oman) mu gihe Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zatangaje ku wa Gatandatu ko Iran yagabye igitero ku bwato butwara peteroli bufitanye isano na Adnoc, kompanyi ya Leta ya Leta ziyunze z’Abarabu ishinzwe ubucukuzi n’ubucuruzi bwa peteroli, bukaba bwari buciye muri Hormuz.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta ziyunze z’Abarabu yatangaje ko “igitero cy’ubugizi bwa nabi cya Iran” cyibasiye ubwo bwato bwa Adnoc hakoreshejwe “misile” yongereho ko nta muntu yahitanye.

Nyuma yaho ku wa Gatandatu, ikigo cy’u Bwongereza gishinzwe ibikorwa by’ubucuruzi bwo mu mazi, UK Maritime Trade Operations (UKMTO), na cyo cyatangaje ko hari ubwato bwatewe ‘ikintu kitazwi’ hafi y’inkombe za Oman.

Icyo gitero cyateje inkongi ariko nyuma irazima, kandi nta muntu wahitanywe.

Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba ubwato UKMTO yatangaje ari bwo Leta ziyunze z’Abarabu zari zavuze ko bwagabweho igitero.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *