APR BBC Na REG BBC Ziri Hafi Gukina Uzizagera Ku Mukino Wa Nyuma Wa Shampiyona Y’Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
RSSB Tigers yakoze amakosa yatumye ibyayo bitoroha

Nyuma y’uko APR BBC itsinze RSSB Tigers amanota 96-85 na REG BBC igatsinda Patriots amanota 67-65, ubu harabura umukino wazatuma zigaragamo izakina umukino wa nyuma.

Ni umukino uzakinwa muri shampiyona ya Basketball y’u Rwanda y’umwaka wa 2026.

Imikino ya gatatu ya ½ yakinwe mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 10 Kanama(8) 2026 muri Pétit Stade i Remera.

Amakipe yose yagiye muri iyi mikino anganya intsinzi imwe kuri yindi, bityo izatsinza  izaba iteye intambwe igana ku mukino wa nyuma.

Mu mukino waraye ubaye APR BBC yatangiye Teasfale Leonard Jr ayitsindira amanota menshi, agace ka mbere karangira ifite amanota 27-16.

Mu gace ka kabiri, yarusheho gutsinda igira amanota 41-28 ibifashijwemo na Axel Mpoyo na William Robynes.

RSSB Tigers yagerageje kugabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Tarik Bey, biranga bituma igice cya mbere kirangira APR BBC yatsinze RSSB Tigers amanota 46 kuri 39.

Agace ka gatatu katangiranye imbaraga zikomeye, Zouzoua Mimi atsindira RSSB Tigers amanota menshi ikinyuranyo gisigara ari inota (52-51).

Ntibyatinze kuko habura iminota ine ngo aka gace karangire, RSSB Tigers yayoboye umukino n’amanota 61-58.

Abakinnyi ba APR BBC bishimiye ko bakomeje kwitwara neza.

Ibintu byaje guhinduka ubwo Teafale yatsindaga amanota atatu y’ingenzi ku munota wa nyuma, agace ka gatatu karangira APR BBC yongeye kuyobora umukino n’amanota 74 kuri 73 ya RSSB Tigers.

Mu gace ka nyuma, APR BBC yakomeje gukina neza itsinda andi manota bituma igira 90 kuri 83.

Ayo akaba yatsinzwe na Ntore Habimana na Mpoyo.

Umukino warangiye APR BBC itsinze RSSB Tigers amanota 96-85 ibona intsinzi ya kabiri.

Aya makipe ari mu makipe akomeye muri Basket yo mu Rwanda.

Mu mukino wabanjirije uyu, REG BBC yari yatsinze Patriots BBC amanota 67-65 na yo ibona intsinzi ya kabiri.

APR BBC na REG BBC zisabwa gutsinda umukino utaha zikagera ku mukino wa nyuma, iteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 12 Kanama 2026 muri Pétit Stade i Remera.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *