Rayon Sports WFC yaraye itsinze umukino wa mbere mu irushanwa rya CAF Women’s Champions League CECAFA Qualifiers 2026 riri kubera mu Rwanda itsinda Denden FC ibitego 3-0, uwo mukino ukaba wabereye kuri Kigali Pélé Stadium.
Ni umukino wayo wa kabiri kuko kuva iri rushanwa ryatangira, umukino wa mbere wari uwayihuje na Mafunzo SC warangiye ari ubusa ku busa, ukaba warabaye kuwa Gatanu italiki 21, Kanama(8).
Mu mukino waraye ubaye, umukobwa witwa Règine Ihirwe bakunda kwita “Queen” na bagenzi be Jeanette Ukwinkunda na Ishimwe Mozero Evélyne buri wese atsinda igitego, naho abo mu ikipe bari bahanganye ntihagira ubona na kimwe.
Undi mukino wabaye mu mpera z’icyumweru gishize ni uwahuje ikipe Yei Joints Stars FC yo muri Sudani y’Epfo na Mafunzo SC warangiye ikipe ya Sudani y’Epfo itsinze igitego kimwe ku busa bw’iyo bari bahanganye.
Iyi kipe kandi yari yitwaye neza mu mukino wayihuje na Denden FC kuko yayitsinze 3-0.
Mu itsinda A, Rayon Sports iri kumwe na Yei Joint Stars (Sudani y’Epfo), Mafunzo SC (Zanzibar) na Denden SC (Eritrea).
Rayon Sports y’abagore iri kwitwara neza nk’uko n’iy’abagabo yabigenje muri CECAFA Kagame Cup iherutse kubera mu Rwanda ubwo yatwaraga igikombe.
Ni igikombe yaherukaga mu mwaka wa 1998.

