Mu Murenge wa Mushikiri, Akarere ka Kirehe hafatiwe umugabo w’imyaka 35 uvugwaho kwica umugore we bari bamaze iminsi itatu batandukanye. Bari basanzwe babana mu buryo bwemewe n’amategeko.
Abo muri uyu muryango bari basanzwe baba mu Mudugudu wa Rwayikona, mu Kagari ka Rwayikona, Umurenge wa Mushikiri muri Kirehe.
Amakimbirane turaramenya icyo yari ashingiyeho niyo avugwaho kuba intandaro ya kure y’ubwo bwicanyi bwakozwe hashize iminsi itatu batandukanye.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba Senior Superintendent of Police( SSP) Twajamahoro Hamdun yabwiye Taarifa Rwanda ko hataramenyekana intandaro nyakuri y’ubu bwicanyi, ariko ngo ukurikiranywe yagejejwe kuri RIB ngo ikore iperereza.
Icyakora, amakuru bagenzi bacu ba IGIHE bahawe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushikiri, avuga ko mu minsi ishize urukiko rwanzuye ko bombi batandukana, bakagabana n’imitungo.
Ati: “Ku wa Gatatu ni njye wagiye kurangiza urwo rubanza.Umugabo twamuhaye ibyo urukiko rwamwemereye n’umugore tumuha ibye. Twahavuye rero umugabo atishimye, avuga ko imitungo ye uwo mugore yaje ayisangana, urubanza rukatwa ari no gushwana cyane atuka n’uwo mugore. Uyu munsi rero mu gitondo yamusanze aho mu murima amutema ijosi, amutema akaguru n’ibindi bice ahita yiruka arahunga.’’
Gitifu Iyamuremye yakomeje avuga ko nyuma uwo mugabo yaje gufatirwa mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu italiki 11, Nzeri(9) 2026.
Kuri ubu biteganyijwe ko uyu mugabo ahita ajyanwa mu Karere ka Kirehe mu gihe umurambo w’uyu mugore wagejejwe ku bitaro bya Kirehe.
Bari bafitanye abana batatu.

