Taarifa Rwanda yamenye ko mu rwego rwo gushimira abakinnyi ba APR FC ku ntsinzi baraye batahanye batsinze Les Aigles du Congo, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba na Chairman Wungirije w’Icyubahiro wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga yahaye buri mukinnyi amadolari ya Amerika.
Amakuru dufite avuga ko ayo mafaranga ari hagati ya $400 na $500. APR FC yatsinze Les Aigles du Congo ibitego bitatu ku busa mu mukino wo kwishyura nyuma y’uko ubanza nayo yari yatsinzwe igitego kimwe ku busa.
Iyo mikino iri gukinwa mu mikino y’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League 2026.
Nyuma y’umukino, Gen Mubarakh Muganga yasuye abakinnyi mu rwambariro, asohoza isezerano yari yaragiranye na bo.
Buri mukinnyi yahawe ibahasha irimo amafaranga bivugwa ko ari hagati y’amadolari 400 na 500, nk’ishimwe ryihariye ku ruhare yagize muri iyi ntsinzi nkuko umwe mu bantu bari bya hafi mu iyi kipe yabibwiye Taarifa.
Iri shimwe ryatanzwe mbere y’agahimbazamusyi APR FC izaha abakinnyi ku bw’intsinzi yabonye.
Ako gahimbazamusyi biteganyijwe ko kazatangwa kuwa Mbere italiki 14 Nzeri(9) 2026.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na we yashimiye APR FC ku ntsinzi, avuga ko yagaragaje isura nziza y’u Rwanda.
Ati: “Twishimiye kandi dushimiye ikipe y’Ingabo z’Igihugu z’u Rwanda (APR FC) ku ntsinzi idasanzwe y’ibitego 3-0 yatsinze Aigles du Congo, ndetse no kubona itike yo gukomeza mu cyiciro cya kabiri cy’Irushanwa rya CAF Champions League.”
Mu cyiciro gikurikiraho, APR FC izahura n’ikipe izatsinda hagati ya Zamalek SC yo mu Misiri na AS Port yo muri Djibouti, mu mikino iteganyijwe mu Ukwakira(10) 2026.
Jimmy GATETE
TAARIFA.RW

