Banki Y’Isi Ifite Miliyari $112 Zagenewe Ibihugu Bikennye

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Banki y’Isi yemeza ko yakusanyije miliyari $112 z’abashoramari zigenewe ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ngo byubake ubukungu bwabyo.

Uyu mubare wikubye inshuro zirenga eshatu ugereranyije na miliyari $35 zo mu mwaka wa 2022.

Banki y’Isi yatangaje ko iyo mari yongerewe ku mafaranga yatanze ubwayo, yazamuye imari yose yatanzwe cyangwa yakusanyijwe mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere igera ku arenga miliyari $ 200.

Ikindi ni uko hari n’amafaranga yakusanyirijwe muri Afurika ubwaho kuko ayo yavuye kuri miliyari $9 mu 2022 igera kuri miliyari $ 22 muri 2026.

Ingwate zongereye ishoramari 

Banki y’Isi yanavuze ko ingwate zagize uruhare rukomeye mu gukurura abashoramari.

Mu mwaka wa 2026, yatangaje ko yatanze ingwate zirenga miliyari $ 25 z’amadolari, irenga intego ya miliyari $20 yari yarashyizweho kugira ngo igerweho bitarenze 2030.

Perezida wa Banki y’Isi, Ajay Banga, yavuze ko impinduka zakozwe mu mikorere y’iki kigo zari zigamije koroshya uburyo abikorera babona imari no gukurura ishoramari.

Mu bihugu bifite ubukungu buri ku rwego rwo hagati ariko rugana hasi, imari yakusanyijwe yazamutse iva kuri miliyari $14 igera kuri miliyari $37.

Mu bifite ubukungu buri ku rwego rwo hagati ariko rugana hejuru, iva kuri miliyari$ 12 igera kuri miliyari $50.

Mu bihugu bikennye cyane, iyi mari yagumye hafi kuri miliyari $3.

Banki y’Isi ivuga ko abikorera batanga imirimo icyenda ku 10 mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Ivuga kandi ko urubyiruko miliyari 1.2 ruzagera mu kigero cyo gukora mu myaka 10 kugeza kuri 15 iri imbere kandi ko muri gihe hateganyijwe ko hazahangwa imirimo igera kuri miliyoni 420.

Inzego zirimo ibikorwa remezo n’ingufu, ubuhinzi, ubuzima, ubukerarugendo n’inganda zitunganya umusaruro ni zo Banki y’Isi ibona ko zizabigiramo uruhare runini.

Ifoto:Ajay Banga muri Jamaica 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *