Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aba ‘Influencers’ B’Abanyarwanda Baba Hanze Babaye Indashyikirwa Bagiye Guhembwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Aba ‘Influencers’ B’Abanyarwanda Baba Hanze Babaye Indashyikirwa Bagiye Guhembwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 November 2021 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gushimira ibyamamare by’Abanyarwanda biba muri Diaspora bikoresha imbugankoranyambaga mu buryo bufasha abandi kwidagadura no guhuguka, hagiye gutangizwa igihembo kiswe ‘Rwanda Diaspora Social Media Influence Awards.’

Mu Rwanda by’umwihariko n’ahandi ku isi, hari abantu bamaze kubaka izina kubera ibyo bacisha ku mbunga nkoranyambaga.

Muri byo harimo imyidagaduro, ibiganiro bihugura abantu mu myitwarire iboneye, amakuru yamamaza ibintu runaka, gucengeza amatwara yaba agamije gusenya n’andi agamije kubaka…mbese imbuga nkoranyambaga ni urubuga buri wese ashobora gukoresha mu byiza cyangwa mu bibi.

Abatangije iki gihembo kiswe Rwanda Diaspora Social Media Influence Award bavuga ko bafite intego yo gushimira Abanyarwanda batuye mu mahanga bakoresheje imbuga nkoranyambaga bagahugura abantu bagatuma banidagadura.

Abantu 11 nibo bazahatana kuri iyi nshuro.

Batoranyijwe hagendewe k’uburyo bakoze ibiganiro.

Biriya biganiro byakozwe hagati y’umwaka wa 2020 n’umwaka wa 2021.

Abazahembwa ni abo bizagaragara ko bahize abandi mu gukora neza ibyo twavuze haruguru.

Kubatora bizakorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, bikaba bigomba gutangira kuri iyi tariki ya 25, Ugushyingo, 2021 kuzageza tariki tariki 20, Ukuboza, 2021.

Ushobora gutora uwo ari wese ubona ko yahize abandi kwitwara neza mu ngeri twavuze haruguru.

Abashaka gutora baca kuri: www.rdiawards.com.

Abatsinze muri buri cyiciro bazamenyekana ku itariki ya 21 Ukuboza 2021.

Iri rushanwa ryateguwe n’Ikigo RDI Awards.

Kirashimira  abantu bose batoranyijwe ku nshuro ya mbere kandi kirizeza ko kizakomeza kuzirikana uruhare rw’Abanyarwanda batuye mu mahanga badahwema gukoresha imbuga nkoranyambaga mu rwego rwo kugumana ubumwe bwari busanzwe bubahuza n’abo baturutse.

TAGGED:AbanyarwandaDiasporafeaturedRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ku Ihohoterwa Rikorerwa Abagore n’Abakobwa
Next Article Stade Umuganda Yemewe Kongera Gukinirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?