Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi Bo Muri Tanzania Batumye Suluhu Kuza Kubishyuriza Abo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

Abacuruzi Bo Muri Tanzania Batumye Suluhu Kuza Kubishyuriza Abo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2021 9:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abacuruzi bo muri Tanzania bahaye Perezida wabo Nyakubahwa Samia Suluhu Hassan urutonde rw’ibyo bifuza ko yaza kuganira na mugenzi we uyobora u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame.

Bimwe muri byo kunoza imikoranire mu by’ubucuruzi kugira ngo abikorera hagati y’ibihugu byombi barusheho gukorana.

The Citizen ivuga ko abacuruzi bo muri Tanzania bifuza ko Suluhu yaza kwibutsa abo mu Rwanda ko hari umwenda wa miliyoni 2.5$ babereyemo bagenzi babo bo muri Tanzania.

Ku rutonde rw’ibyo bamusabye harimo kuganira na mugenzi we uyobora u Rwanda hamwe n’abikorera ku giti cyabo bo mu Rwanda uko ibicuruzwa hagati y’ibihugu byombi byagabanyirizwa imisoro, ibyo bita Non-Tariff Trade Barriers (NTBs).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

The Citizen ivuga ko Samia Suluhu Hassan ari busabe Abanyarwanda koroshya urujya n’uruza hagati y’abantu n’ibintu biva mu gihugu kimwe bijya mu kindi.

Abanyatanzaniya kandi bifuza ko bafatanya n’Abanyarwanda kubaka gasutamo nini ihuriweho n’ibihugu byombi, ikubakwa i Dar es Salaam, kandi ngo ku meza y’ibiganiro hagati y’abayobora ibihugu byombi( Tanzania n’u Rwanda) ntabari bubure kuganira ku miterere y’amategeko agenga imisoro mu Karere ibihugu byombi biherereyemo.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida Samia Suluhu Hassan witwa Jaffar Haniu avuga ko Abakuru b’ibihugu byombi bari businye amasezerano arambuye avuga uko umubano w’ibi bihugu warushaho kunoga.

Jaffar Haniu

Umuyobozi w’Ikigo cy’ubwikorezi cya Tanzania kitwa The Tanzania Freight Forwarders Association (Taffa) Bwana  Edward Urio yasabye Perezida Suluhu kuza kuganira na mugenzi we w’u Rwanda ku ngingo y’ uko abacuruzi b’Abanyarwanda bakoroherezwa kujya bavana ibicuruzwa byabo ku cyambu cya Dar es Saalam, ibi bigakorwa mu rwego rwo kunoza ubuhahirane.

Urio avuga ko u Rwanda rufite hagati ya 30% na 35% by’ibicuruzwa bivanwa muri Tanzania, rukaza inyuma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ya mbere.

- Advertisement -

Yifuza ko hakoroshywa imisoro ku bitumizwa muri kiriya gihugu kugira ngo bifashe abashoramari ba Tanzania kohereza ibicuruzwa mu Rwanda ari benshi kandi ku bwinshi.

Bwana Edward Urio yabwiye The Citizen ko abo mu Ishyirahamwe ayoboye bifuza ko Suluhu yaza gusaba abayobozi b’u Rwanda kwibutsa abacuruzi barwo ko hari umwenda ungana na miliyoni 2$ bagomba kwishyura Abanyatanzaniya babafashije kuzana ibicuruzwa mu Rwanda mu myaka mike ishize.

 Tanzania Irashaka Kubuza Isoko Kenya…

Mu buryo bw’amayeri, Abanyatanzaniya barashaka ko u Rwanda ruhitamo gukoresha icyambu cya Dar es Saalam gusa, bakazibukira icya Mombasa.

Ibi byamezwa n’Umuyobozi w’Urugaga rw’abikorera ku giti cyabo muri Tanzania witwa Francis Nanai.

Yagize ati: “Ubu ni uburyo bwiza tubonye bwo kwereka Abanyarwanda ko gukura ibintu ku cyambu cyacu cya Dar es Salaam ari byo byabungura kuruta kujya kubizana i Mombasa muri Kenya.”

Francis Nanai

Ikindi abacuruzi bo muri Tanzania bashaka ni uko i Dar es Salaam hakubakwa gasutamo Abanyarwanda bazajya bajya gukura ho ibicuruzwa bitabaye ngombwa ko bajya mu Bushinwa, mu Buyapani cyangwa mu Buhinde.

Perezida w’Urugaga rw’ubucuruzi, inganda n’ubuhinzi( TCCIA) Bwana Paul Koyi avuga ko abo ayoboye bifuza ko Abakuru b’ibihugu byombi baza kuganira ku mikoranire inoze hagati y’abikorera ku giti cyabo kugira ngo ziriya nzego zirusheho kunganirana kandi bigirwemo uruhare n’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba muri rusange.

Imibare itangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubucuruzi (United Nations International Trade Statistics Database), yerekana ko mu mwaka wa 2019( mbere ya COVID-19)  Tanzania yohereje mu Rwanda ibicuruzwa na serivisi bifite agaciro ka miliyoni 247 $ mu gihe u Rwanda rwoherejeyo ibifite agaciro ka miliyoni 5.04 $.

TAGGED:featuredKagameRwandaSuluhuTanzaniaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Samia Suluhu Ahagurutse Tanzania Aje Mu Rwanda
Next Article Perezida Suluhu Yageze I Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?