Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abademukarate Bandikiye Trump Basaba Ko Amerika Yemera Ko Palestine Yigenga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Abademukarate Bandikiye Trump Basaba Ko Amerika Yemera Ko Palestine Yigenga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2025 1:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ritchie Torres. Ifoto: Francis Chung/POLITICO
SHARE

Abo mu Ishyaka ry’Abademukarate bo Nteko ishinga amategeko ya Amerika barenga 20 banditse ibaruwa barayisinya basaba Perezida Donald Trump kwemera ko Palestine iba igihugu kigenga byuzuye.

Ikinyamakuru Axios kuri uyu wa Mbere cyatangaje ko uyu mushinga ushyigikiwe n’Abademukarate benshi kandi bo bemeza ko Palestine yigenga, ifite ubuyobozi buhamye ari yo yaba igisubizo cyiza mu gukumira ko Gaza iba indiri y’abantu nka Hamas.

Kimwe mu bika bigize iyo nyandiko nk’uko Axios ibivuga kivuga ko bikwiye ko Palestine yigenga kandi na Israel ikabyemera ityo.

Ikindi ni uko abo Banyamerika bo mu Nteko ishinga amategeko bavuga ko iki ari igihe nyacyo cyo gutuma Palestine yigenga kugira ngo byibura izabe igisubizo ku nzara iri kwica abaturage bayo barimo n’abana.

Politico nayo ivuga ko mu bagize ishyaka ry’Abademukarate hari bamwe mu basanzwe bemera amahame ya Israel batangiye kutemeranya nayo mubyo ikorera muri Gaza.

Bavuga ko babitewe ahanini n’amashusho babonye y’abana bazingamye kubera inzara yabazonze.

Umwe muri bo ni Ritchie Torres.

Avuga ko igihe kigeze ngo amahanga ahagurukire rimwe yamagane ibyo Israel iri gukora muri Gaza kuko bitera abana b’inzirakarengane guhitanwa n’inzara.

Icyakora yemeza ko n’ubwo ibyo bibabaje, bitatuma atezuka k’ugushyigikira ibyo Israel ikora yirwanaho.

Mu minsi yatambutse, hari Abademukarate basabye ko Amerika ihagarika guha intwaro Polisi ya Israel, ikintu gishya gitangajwe kuva intambara ya Gaza yatangira.

Ikibazo Abademukarate bahura nacyo ni uko ibyifuzo byabo bidatambuka mu Nteko kuko abenshi ari Abarepubulikani.

TAGGED:AbademukarateAbarepubulikaIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hamas Yongeye Gukora Israel Mu Jisho
Next Article Ikibatsi Cy’u Rwanda Mu Guteza Imbere Ubwenge Buhangano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Mu Myaka Mike Ishize Urwango Ku Bayahudi Rwariyongereye- Amb Weiss 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?