Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abadepite Barashaka Ko Hashyirwaho Itegeko Rigenga Ibimina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Abadepite Barashaka Ko Hashyirwaho Itegeko Rigenga Ibimina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 June 2024 11:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gutora itegeko rigenga ibigo by’imari iciriritse byakira amafaranga abitswa n’ababyizeye, Abadepite barashaka ko imikorere y’ibimina ijya mu itegeko mu rwego rwo gukumira amakimbirane abigaragaramo no kumenya uko yakemurwa.

Depite Uwineza Beline wateguye uyu mushinga yaraye abwiye bagenzi be bagize Umutwe w’Abadepite ko ibimina byiyongereye hirya no hino mu Rwanda, ibyinshi bikabamo abakora ubuhinzi n’ubworozi.

Avuga ko ibimina ari uburyo Abanyarwanda bakoresha bizigamira cyangwa bagurizanya, ariko agasaba ko ibi nabyo byagira amategeko abigenga.

Kuri we kuba nta mategeko agenga imikorere y’ibimina ni icyuho giha amakimbirane urwaho bityo akavuga ko byaba bihuje n’ubwenge haramutse habayeho amategeko abigenga.

Yagize ati: “ Muri ibyo bibazo harimo ubwambuzi bwa bamwe mu bagurizwa amafaranga n’ibyo bimina cyangwa abatubahiriza gahunda abagize ikimina bagiranye bigatuma ikigamijwe n’abagize ikimina kitagerwaho, bikanakurura amakimbirane hagati y’ababigize”.

Mugenzi we witwa Depite Izabiriza Marie Médiatrice avuga ko indi ngingo ituma ibimina bikwiye kongererwa imbaraga ari uko ababiyobora badafite ubumenyi buhagije mu micungire y’amatsinda y’ibimina.

Avuga ko niyo iryo tegeko ryatorwa, ari ngombwa ko abayobora ibimina bahabwa ubumenyi mu gucunga umutungo rusange no kumenya kubanisha ba nyiri amafaranga.

Undi Mudepite witwa Uwineza avuga ko ubwo yaganiraga n’abandi bayobozi bafite aho bahuriye n’imikorere y’urwego rw’imari mu Rwanda bamubwiye ko bashyigikiye ko abayobora ibimina bahugurwa ku micungire yabyo.

Ati: “Mu bikwiye kuba byajya muri iri teka ari na byo twanaganiriye harimo ikijyanye no kumenya ibi bimina, kumenya aho biherereye n’ababigize ndetse n’imari bibitse kandi ntibigarukire aho gusa ahubwo hakabaho n’ikintu cyo kongerera ubushobozi ababigize”.

Abadepite bavuga ko itegeko risimbura itegeko No 072/2021 ryo ku wa 05 Ugushyingo 2021 rigenga ibigo by’imari iciriritse byakira amafaranga abitswa ‘ritagaragaramo’ ibimina nyamara abantu babinyuzamo amafaranga menshi bizigama.

Icyakora ubu impinduka zari kurikorwamo zigaragara mu ngingo ya mbere ivuga icyo rigamije, zerekana ko hiyongereyemo kugenga imiterere n’imikorere y’ibimina.

Hongewemo ingingo ya 104 iha ububasha iteka rya Minisitiri ufite Imari mu nshingano ububasha bwo kugena imikorere y’ibimina.

Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2021 ibimina byabarizwagamo Abanyarwanda miliyoni ebyiri bizigamiye hafi miliyari Frw 49 kandi abarenga 70% bari abagore.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko mu bimina birenga ibihumbi 90 bibarizwa mu Rwanda, ibigera ku bihumbi bibiri bikoresha ikoranabuhanga.

Itegeko rigenga amakoperative riherutse gutorwa riteganya ko ikimina gishobora kuba umunyamuryango wa Koperative.

Umushinga wemerejwe ishingiro ndetse uhita unatorwa utanyuze muri komisiyo, itegeko ritorwa n’Abadepite 66, nta waryanze, nta wifashe ndetse nta mfabusa yabonetsemo.

TAGGED:AbadepiteAmategekoBankifeaturedIbiminaImari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Irashaka Guha Ifaranga Ryayo Agaciro Gahangana N’Idolari
Next Article Uganda Hafi Ya Yose Yabuze Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?