Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abadepite Batoye Umushinga Bari Baherutse Kugezwaho Na Minisitiri Ndagijimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abadepite Batoye Umushinga Bari Baherutse Kugezwaho Na Minisitiri Ndagijimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2022 5:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Kabiri taliki 15, Gashyantare, 2022 Inteko rusange yatoye umuumushinga w’itegeko rihindura itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2021/2022 yari iherutse kugezwaho na Minisitiri w’imari Dr Uzziel Ndagijimana.

Wari umushinga wasabaga ko Inteko ishinga amategeko itora ko ingengo y’imari ivuguruye yiyongereyeho miliyari 633,6 bingana na 16.6%.

Taliki o7, Gashyantare, 2022 nibwo Minisitiri w’imari n’Igenamigambi yagejeje ku Nteko ishinga amategeko umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari ivuguruye, uteganya ko izongerwaho miliyari 633.6 Frw ikagera kuri miliyari 4,440.6 Frw.

Icyo gihe Uzziel Ndagijimaa yavugaga ko bizaba bingana n’izamuka rya 16.6% ugereranyije n’ingengo y’imari ya miliyari 3,807.0 Frw yari yaragenewe ibikorwa bitandukanye bya Leta muri uyu mwaka w’ingengo y’imari ya 2021/2022.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Umushinga yabagejeje ho bawemeye

Mu mpinduka Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yagejeje ku Badepite icyo gihe, yavuze ko  hateganyijwe ko amafaranga azava imbere mu gihugu aziyongeraho miliyari 155 Frw.

Yababwiye ko ariya mafaranga azava kuri miliyari 1,993 Frw yateganywaga mu ngengo y’imari, akagera kuri miliyari 2,148 Frw, bingana n’izamuka rya 7%.

Ngo ni ivugurura ryashingiye “ku misoro y’inyongera n’andi mafaranga yitezwe kubera izahuka ry’ibikorwa by’ubukungu.”

Biteganywa ko amafaranga azava mu misoro azazamukaho miliyari 42.4  Frw bingana na 2.4%, akava kuri miliyari 1,717.2 zateganywaga mbere zikagera kuri miliyari 1,759.6 Frw.

Amafaranga atari imisoro yo azazamukaho miliyari 112.6 Frw zingana na 40.7%, zive kuri miliyari  275.8 Frw yabarwaga mbere, agere kuri miliyari 388.2 Frw.

- Advertisement -

Ni mu gihe impano biteganywa ko ziziyongeraho miliyari 25.4 Frw, zikava kuri miliyari 612.2 Frw zikagera kuri miliyari  637.6 Frw.

Inguzanyo ziziyongera zive kuri miliyari 651.4 zigere kuri miliyari 1,469.7 Frw, zikazafatwa mu mafaranga y’amahanga (Eurobond) no mu buryo bwashyiriweho guhangana n’ingaruka za Covid-19.

Ubwo Ingengo y’imari irimo gukoreshwa yatangazwaga muri Kamena 2021, yageze kuri miliyari 3807 Frw nyuma yo kwiyongeraho  miliyari 342.2 Frw, bingana na 9.8% ugereranyije n’ingengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2020/21.

Igice kinini cy’ingengo y’imari cyagenewe ibijyanye na gahunda yo kuzahura ubukungu na gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere, hibanzwe cyane ku nzego z’ubukungu na gahunda yo gukingira Covid-19.

Iby’Ingenzi Ku Ngengo y’Imari Ya Miliyari 3807 Frw Zagenewe Umwaka Wa 2021/22

TAGGED:AmafarangafeaturedImariIngengo y'ImariIntekoNdagijimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwashyize Iherezo Ku Maperereza Ku Ndege Ya Habyarimana
Next Article Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Intara Y’u Budage Imaze Imyaka 40 Ifatanya N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?