Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abafana 15 Bafatiwe Ku Mukino Wa APR FC na Rayon Sports
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abafana 15 Bafatiwe Ku Mukino Wa APR FC na Rayon Sports

admin
Last updated: 24 November 2021 10:42 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu 15 bafatiwe kuri Stade ya Kigali bakekwaho gukoresha inyandiko mpimbano, ubwo bitwazaga ibyemezo by’uko bipimishije icyorezo cya COVID-19 bikekwa ko ari ibyiganano.

Wari umukino w’umunsi wa kane wa shampiyona warangiye APR FC itsinze Rayon Sports ibitego 2-1.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye Taarifa ko abantu batandukanye uretse kuba barimo kunanirwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, barimo no gukora ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano.

Yasabye Abanyarwanda kubyirinda kuko baburiwe mbere y’uko shampiyona y’umupira w’amaguru itangira cyangwa se ibitaramo, aho mu bisabwa harimo kuba warikingije COVID-19 kandi ukaba wipimishije bikagaragara ko utanduye.

Yagize ati “Babireke, bamenye ko bazafatwa kuko barimo gukora icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.”

Yavuze ko n’ababikora ku yindi mikino igihe nikigera bazafatwa.

Nyuma yo gutsinda Rayon Sports, APR FC yahise amanota icyenda mu mikino itatu, yuzuza imikino 40 mu Rwanda idatsindwa.

Rayon Sports yo iheruka gutsinda APR FC muri Gicurasi 2019, yagumanye amanota arindwi mu mikino ine.

Itegeko riteganya ko umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 3.000.000 Frw ariko atarenga 5.000.000 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Rinavuga ko umuntu wese uzi ko inyandiko ari impimbano, akayikoresha ku buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha.

 

 

TAGGED:APR FCCOVID-19featuredRayon Sports
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mushikiwabo Yagiranye Ibiganiro Na Papa Francis
Next Article Abaminisitiri Basabye Ko Abadepite Ba EALA Bagabanywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?