Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 August 2025 1:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Babwiwe icyo gukora inkuru ku muntu ufite ubumuga bisaba.
SHARE

Umwe mu bafite ubumuga w’impuguke witwa Jacques Mugisha aherutse kubwira itsinda ry’abanyamakuru ko bumwe mu buryo bwiza bwo gukorera inkuru abafite ubumuga, ari ukubaha umwanya bakerekana uko ibintu byifashe, ibyo bashoboye n’ibyo bumva bafashwa.

Yabivugiye mu Karere ka Musanze aho itsinda ryabo ryahuriye ngo rihugurwe ku mikorere iboneye y’inkuru zo kuvugira cyangwa kuvuganira abafite ubumuga.

Abafite ubumuga haba mu Rwanda cyangwa ahandi ku isi baba bagize ikiciro kihariye cy’abaturage.

Muri rusange, habaho ubumuga buvukanwa n’ubwo umuntu agira yaravutse.

Bitewe n’ubwoko bwabwo, ababufite bahura n’imbogamizi zinyuranye zishobora gukomera cyangwa zikoroha bitewe n’abo babana cyangwa ubufasha babonye kugira ngo babeho muri iyo mimerere.

Mugisha yabwiye abanyamakuru ko bikwiye ko umuntu ufite ubumuga agira uruhare rutaziguye mu bimukorerwa kandi ibyo bikaba ukuri no mu bireba itangazamakuru.

Ati: “Kugira ubumuga ntibivuze ko umuntu atagira icyo akora bitewe n’ubumuga afite kuko hari benshi bakora kandi bakabaho badasabirije.”

Jacques Mugisha

Yavuze ko hari amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rwasinye yo kwita ku bafite ubumuga kandi ko rushimirwa ko akurikizwa n’ubwo hakiri ibyo gukora no kunoza.

Kubera iyo mpamvu, ibigo byose byaba ibya Leta cyangwa iby’abikorera ku giti cyabo bigomba kumenya ibyo abakozi babyo cyangwa ababigana bafite ubumuga bakenera.

Yatangaje ko hari ibiganiro biri hagati y’imiryango y’abafite ubumuga na Rwandair ngo indege zayo zizagurwa mu gihe kiri imbere zizabe zifite ibyo bakenera.

Ubusanzwe kwinjira mu ndege bisaba kuzamuka amadarajya( escaliers, up stairs) ibintu bigora abafite ubumuga benshi.

Jacques Mugisha ukora mu Ihuriro nyarwanda ry’abafite ubumuga bwo kutabona, Rwanda Union of the Blind ( RUB) avuga ko hari ingero z’abafite ubumuga bateye imbere kandi banoza ibyo bashinzwe.

Aimable Bukebuke uyobora Ishyirahamwe nyarwanda ry’abanyamakuru bakora inkuru zireba abafite ubumuga( ROJAPED, Rwanda Organization of Journalists Advocating for People with Disability) avuga ko guhugura bagenzi be mu buryo izi nkuru zikorwa ari ngombwa kuko abafite ubumuga bakenera ubuvugizi no kumenyekanisha ibyo bakora.

Aimable Bukebuke

Yasabye abanyamakuru kuzirikana inama bagiriwe n’uwabahuguye kugira ngo zizabunganire mu kazi kabo.

Ati: “ Ibyo abafite ubumuga bifuza ko bishyirwa mu mikorere yacu y’inkuru dukwiye kubyumva, tukareba uko byakoreshwa kugira ngo bibagirire akamaro binyuze mu ruhare babigizemo”.

Nyman Jonas uyobora Ikigo cy’Abanya Sweden giteza imbere ubunyamwuga mu itangazamakuru kitwa FOJO yavuze ko gutera inkunga amahugurwa nk’aya ari ingenzi mu kubaka itangazamakuru rigirira akamaro ibyiciro byose by’Abanyarwanda.

Nyman Jonas

Ati: “Tuzakomeza gukorana n’itangazamakuru ryo mu Rwanda mu kubaka ubunyamwuga bugirira bose akamaro. Dushima uko abakora uyu mwuga babigenza gusa imikoranire ni ngombwa ngo ibintu bikomeze kunoga”.

Mu bufatanye bwa FOJO n’izindi nzego z’itangazamakuru mu Rwanda, hashize igihe hatangijwe uburyo buhuriweho bwo gutegura no gukoresha integanyanyigisho ishingiye ku itangazamakuru ryegera abaturage, ubumenyi bugashyirwa mu bikorwa.

Ubwo bufatanye bwaragutse bugera no mu zindi Kaminuza zo mu Karere nk’uko bigaragara ku rubuga rwa kiriya kigo cyo muri Sweden.

Ikigo Fojo cyatangiye gukorera mu Rwanda mu mwaka wa 2015, gitangira gikorana n’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ryigisha itangazamakuru.

TAGGED:AbanyamakuruInkuruKaminuzaMugishaMusanzeROJAPEDSwedenUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma
Next Article Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?