Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bagiye Gutangira Kubaga Mu Gituza Badasatuye Ahantu Hanini
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abanyarwanda Bagiye Gutangira Kubaga Mu Gituza Badasatuye Ahantu Hanini

admin
Last updated: 06 August 2021 7:49 pm
admin
Share
SHARE

Itsinda ry’abaganga baturutse muri Maroc, Espagne n’u Burusiya bahuriye na bagenzi babo b’Abanyarwanda mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, mu gikorwa kizabasigira ubumenyi ku buryo bugezweho bwo kubaga indwara zo mu gituza.

Ni uburyo bugezweho bukoreshwa cyane cyane mu kubaga indwara z’ibihaha, bukorwa hasaturwa akantu gato, bitandukanye n’ibisanzwe.

Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa by’Ubuvuzi mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, Dr Sendegeya Augustin, yavuze ko ubu buryo bushya bukorwa umuganga afungura ahantu hari hagati ya santimetero 3-5.

Uwo mwenge muto niwo anyuzamo kamera (camera), ubundi akabaga arebera ku mashusho agaragara kuri televiziyo nini.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubusanzwe ngo byasabaga gusatura ahantu hafite nka sentimetero 12, kandi uko ufungura ahantu hanini – nubwo bituma ubona uburwayi – byatumaga umurwayi atinda gukira akaba yamara mu bitaro igihe kigera mu minsi 15.

Yakomeje ati “Ikinyuranyo gihari, wa murwayi wamaraga iminsi 15 mu bitaro ahamara iminsi ibiri kugeza kuri itatu. Icya kabiri, ububabare agira nyuma buragabanyuka cyane.”

“Icya gatatu navuga ni uko no ku byerekeranye n’ikiguzi, gishobora kuba kinini ugitangira ariko kubera abantu bihuta, ikiguzi gishobora kugenda kugabanuka.”

Biteganywa ko kugira ngo ubu buryo butangire mu Rwanda hagomba guhugurwa neza abaganga babaga, abaforomo babafasha kimwe n’abatera ibinya.

Dr. Sendegeya yakomeje ati “Nibwo tugiye kubitangira, ikipe yari ihari kugira ngo barebe uko byakorwa, ubwo igikurikiraho ni ugushyiraho gahunda ngo turebe ngo ubu buryo turabwubaka gute.”

- Advertisement -

Yavuze ko bijyanye n’uko hakenewe kubaka ubushobozi, bishobora gufata hagati y’amezi icyenda cyangwa umwaka umwe kugira ngo ayo matsinda yose abe yiteguye gukorera ubu buvuzi mu Rwanda.

Yakomeje ati “Kubaga byari bisanzwe, umuntu yabagaga yapfumuye agatuza kose, icyo gihe bigatera ikibazo kuko bituma umurwayi amara igihe kinini mu bitaro, ikindi akaba yagira ingaruka nyuma y’uko bamubaze. Ubu buryo rero bushya butuma umuntu abasha kubaga afunguye hatoya kandi akoresheje ikoanabuhanga.”

“Ibyo rero tukaba twumva ari uburyo bushya, icya mbere buzaza cyane cyane kuziba icyuho twari dufite, ngira ngo no mu Rwanda ntabwo dufite abaganga benshi babasha kubaga indwara zo mu gatuza, kugeza ubu dufite umuganga umwe w’inzobere w’umunyarwanda ukorera muri ibi bitaro.”

Dr Sendegeya yavuze ko abaganga bo mu mahanga bazajya bakoresha ubu buryo mu Rwanda, ari nako abanyarwanda babigiraho.

Hari ibiganiro ku buryo nyuma yo guhugurwa, mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal abandi baganga bazajya bahigira ibijyanye n’ubu buryo.

Abaganga bo muri Maroc no muri Espagne bagiye guhugura abanyarwanda
Ubu buryo bukorwa hadasatuwe ahantu hanini

 

Dr Sendegeya ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi
TAGGED:AbagangafeaturedKubagaTekiniki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kugabanya Ubukene Mu Bapfakazi Ba Jenoside Bigabanya Ihungabana Basigiwe
Next Article Abapolisi Baherutse Gushyirwa ‘Mu Zabukuru’ Basezeweho N’Ubuyobozi Bwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?