Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahanze Udushya Mu By’Inganda Batewe Ingabo Mu Bitugu Na Leta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abahanze Udushya Mu By’Inganda Batewe Ingabo Mu Bitugu Na Leta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2023 4:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorerwa mu nganda, NIRDA, kishimira ko hari imishinga umunani giherutse gutera inkunga kugira ngo abayishinze bakore neza, ibateze imbere.

Ni muri gahunda iki kigo cyatangiye mu mwaka wa 2018 igamije ko imishinga ukorewe mu nganda itera imbere, abayitangije ntibahombe rugikubita kuko bikoma mu nkokora guhunda yo guhanga udushya n’iterambere muri rusange.

Dr. Christian Sekomo Birame uyobora ikigo  NIRDA avuga ko nyuma yo gusuzuma ubusabe bw’abantu baba bashaka guterwa inkunga y’ibikoresho byo mu nganda bakoramo, nibwo bareba abujuje ibisabwa, bagahabwa ibingana na 50% ku buntu, indi 50% ikazishyurwa ariko nta nyungu.

Sekomo Birame ati: “Twishimiye ko imishinga myinshi yari yasabye, yatsinze ihabwa ibikoresho bya  kuzamura urwego rw’ibyo bakora. Ni ibintu twiteze ko bizazamura umusaruro wo mu nganda z’Abanyarwanda binyuze no mu guhanga udushya.”

Dr. Christian Sekomo Birame

Umwe mu bahawe iriya nkunga witwa Etienne Uwimana uyobora ikigo ALCOMEC avuga ko inkunga NIRDA yabateye, yerekana ko Guverinoma y’u Rwanda yita ku mishinga igamije iterambere rusange.

Ati: “ Umushinga wa NIRDA witwa Open Calls Program ni uwo gushimirwa ko ukorana n’indi mishinga irimo n’uw’Ababiligi ushinzwe iterambere mpuzamahanga Enabel hagamijwe gufasha ba rwiyemezamirimo kugera ku ntego zabo.”

Jean Paul Haganimana nawe ari mu bafashijwe binyuze muri kiriya gikorwa.

Avuga ko imashini yahawe ngo akore, ari zo zamuzamuye kandi ngo yasabwe kuzishyura 50% gusa andi akayasonerwa.

Ibi niko bimeze no kuri Yves Nkubito ufite ikigo yise Nkubito Entreprise.

Gahunda ya NIRDA yiswe Open Calls Program igamije guha ba rwiyemezamirimo uburyo bwiza bwo kubona igishoro kugira ngo bakore biteze imbere,

Ni gahunda igamije guteza imbere inganda zo mu nzego zitandukanye z’ubukungu.

TAGGED:BiramefeaturedIngandaInguzanyoNIRDASekomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyafurikakazi Yatorewe Kuyobora Ihuriro Mpuzamahanga Ry’Inteko Zishinga Amategeko
Next Article Abakozi Ba REG Bari Mu Biba Ibyuma By’Amashanyarazi-RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?