Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahanzi B’i Burundi Bababazwa N’Uko Umuziki Nyarwanda Uri Kubatwara Isoko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Abahanzi B’i Burundi Bababazwa N’Uko Umuziki Nyarwanda Uri Kubatwara Isoko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2023 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibitaramo abahanzi b’Abanyarwanda bamaze iminsi bakorera mu Burundi byatumye hari hamwe mu bahanzi bo muri kiriya gihugu batangira kubyinubira.

Bavuga ko umuziki w’u Rwanda watwaye Abarundi benshi k’uburyo umuziki wabo utagikunzwe haba ku maradiyo no mu bitaramo.

Mu itangazamakuru rikora imyidagaduro ryo mu Burundi hagarukwa kenshi kuri iyi ngingo.

Abahanzi b’Abarundi bavuga ko bibabaje kuba bo batajya batumirwa mu Rwanda ariko ugasanga abahanzi b’Abanyarwanda ari bo bahora yo hafi buri mpera z’Icyumweru.

No mu tubari tw’i Burundi naho usanga bacuranga indirimbo z’i Kigali.

Abategura umuziki muri kiriya gihugu bakunda gutumira abahanzi n’aba DJs b’i Kigali kugira ngo baze gususurutsa abanya Bujumbura na Gitega.

Ibi bigendana n’uko abahanzi b’Abanyarwanda bahakura amafaranga menshi bahemberwa akazi baba bakoze ibi bikabaho mu gihe abahanzi b’Abarundi isari iba ibageze ahabi!

Mu mpera z’Icyumweru gishize, ni ukuvuga Taliki 30, Ukuboza, 2022 abahanzi bo mu Burundi bakoze igitaramo cyasanga n’icyamagana iriya migirire.

Bisa n’aho bagira ngo bereke Abarundi n’Abanyarwanda ko nabo[abahanzi b’i Burundi] bakunzwe.

Ibintu bijya gufata indi sura, byatangiye ubwo abahanzi b’Abanyarwanda batumirwaga i Burundi ku bwinshi kugira ngo bahakorere ibitaramo birangiza umwaka wa 2022.

Ku ikubitiro habanje Mike Kayihura waharirimbiye taliki 28, Ukuboza, 2022, bidateye kabiri hataramira Israel Mbonyi, ubwo hari taliki 30, Ukuboza, 2022 na taliki ya 01, Mutarama, 2023.

Kuri uwo munsi kandi abasore babiri b’Abanyarwanda Davis D na Juno Kizigenza basusurukije abari kuri Zion Beach.

DJ Brianne nawe yagezeyo abavangira umuziki.

Uko bimeze kose, umuziki mwiza ukurura abantu.

Niba abahanzi b’Abanyarwanda bakunzwe muri iki gihe, ni uko bakora neza.

Mu myaka yashize higeze kubaho igihe umuziki w’i Burundi nawo wari ukunzwe mu Rwanda.

Kidumu yarabicaga bigacika mu myaka ya 1999 kuzamura…

Indirimbo zo muri Uganda na Tanzania nazo zari zikunzwe cyane n’abanya Kigali barimo biyubaka bivana mu ngaruka z’intambara na Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze igihe gito ihagaritswe.

Ntibyatinze ariko, abahanzi b’Abanyarwanda batangirana umuriri ukomeye.

Barimo The Ben, Meddy, Thugh Gangz, Kigali Boyz, Miss Jojo, Odda Paccy, Riderman, n’abandi.

Ni nako n’amatsinda aririmbira Imana yazamukaga mu bwinshi no mu nganzo.

Ingero ni Rehoboth.

Mu myaka nk’ine ishize, mu Rwanda hadutse urubyiruko rukora umuziki uri ku rwego rwo hejuru.

Ni umuziki urimo amagambo akurura urubyiruko kandi ufite injyana zibyinitse.

Ibi nibyo byatwaye imitima y’Abarundi benshi.

 

 

TAGGED:AbahanziBurundifeaturedIbitaramoRwandaUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burkina Faso: Habonetse Imirambo 28 Bitazwi Icyo Yazize
Next Article Kayonza: Bavanye Abana Mu Ishuri Ngo Bazabiyigishiriza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?