Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahishe Abayahudi N’Abatutsi Muri Jenoside Ni Abo Gushimwa- Serge Brammertz
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abahishe Abayahudi N’Abatutsi Muri Jenoside Ni Abo Gushimwa- Serge Brammertz

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 January 2023 12:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umushinjacyaha mukuru uyobora Urwego rwasigariyeho inkiko zashyiriweho guhana abakoze Jeniside yakorewe Abatutsi, Dr. Serge Brammertz yavuze ko n’ubwo abagiriye nabi abandi bakoze ibintu  bibim ariko ari ngombwa gushima abahishe Abayahudi cyangwa Abatutsi ubwo bahigwaga bukware.

Brammertz yabivugiye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi ikozwe n’Abanazi ba Hitler wategekaga u Budage n’igice kinini cy’u Burayi.

Mbere y’uko Serge Brammertz avuga ijambo rye hari habanje gutambura ubuhamwa bwa Emil A. Fisher, akaba ari umwe mu Bayahudi bake babonye Jenoside yabakorewe ugihumeka.

Mu buhamya bwe yavuze ko yaciye mu bihe bikomeye ariko ko we n’ababyeyi be ndetse na bamwe mu bavandimwe bahishwe na bamwe mu batarahigwaga.

Serge Brammertz yavuze ko ubutabera niyo bwatinda kubera kwishishahisha kw’abagize uruhare muri za Jenoside, ariko butinda bugatangwa.

Hagati aho ariko yashimiye bamwe mu batarahizwe bagize uruhare mu guhisha abahigwaga haba mu Rwanda cyangwa mu Burayi aho Jenoside yakorewe Abayahudi yakorewe.

Ambasaderi wa Israel Dr. Ron Adam yavuze ko ubwo  ari umwe mu bagize isekuru cya kabiri cy’abantu bakomoka ku barokotse Jenoside yakorewe Abayahudi.

Yavuze ko amagambo y’urwango abwirwa abantu, aba ari ikintu kibi gishobora kuganisha ku yindi Jenoside, iyo ikaba ari impamvu ikomeye igomba gutuma iyo mvugo ikumirwa ntisakare hose.

Asa n’uwakomozaga ku magambo y’urwango amaze iminsi avugirwa muri Repuibulika ya Demukarasi ya Congo abiba urwango ku Batutsi batuye kiriya gihugu.

Jenoside yakorewe Abayahudi yahitanye abagera kuri miliyoni esheshatu mu gihe cy’imyaka itanu.

TAGGED:AbaturageAbatutsiAbayahudiBrammertzfeaturedIcyahaJenosideSerge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Muri DRC Biri Gusubira Irudubi-Uhuru Kenyatta
Next Article Kagame Na Patricia Scotland Barebeye Hamwe Uko Commonwealth Ihagaze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?