Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahitanywe N’Inkongi Muri Hong Kong Biyongereye, Ikizere Ku Barokotse Cyakendereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abahitanywe N’Inkongi Muri Hong Kong Biyongereye, Ikizere Ku Barokotse Cyakendereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2025 10:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi muri Hong Kong buvuga ko kugeza ubu imibiri 94 y’abahitanywe n’inkongi ari yo yamaze kuboneka.

Iyo nkongi yatangiye kuwa Gatatu Tariki 26, Ugushyingo, 2025.

Uko iminsi ihita kandi niko icyizere cy’uko hari abazaboneka bakiri bazima kiyoyoka.

Ikindi abatabazi bafitiye impungenge ni ukubona byibura n’imibiri itarakongoka kuko umuriro waje utunguranye kandi ufite inkubiri k’uburyo hari ibyago ko hari bakongotse burundu.

Nyuma y’amasaha arenga 25 barwana nayo, abatabazi bahagarutad kuzimya, bavuga ko ahubwo hakurikiraho gushakisha imibiri itarakongowe n’umuriro no gusukura aho byabereye.

Bizakurikirwa no gushaka uko abantu bashyingurwa.

Mu bahitanywe n’iyo nkongi harimo n’umwe mu batabazi, umukunzi we akaba yabwiye BBC ko umuntu we yari incuti nyayo kandi yamuberaga ibisubizo muri byose.

Abaturage ariko bafitiye Leta uburakari, bakavuga ko iriya nkongi yari bukumirwe hakiri kare.

Polisi ya Hong Kong ivuga ko yasuzumye isanga inyubako iyo nkongi yatokombeje yari yubakishije ibikoresho bidashobora guhangana n’inkongi yo ku rwego rwa gatanu, ari narwo ivugwa aha yari iriho.

Mu gihe hagitegerejwe andi makuru, abaturage bavuga ko kwizera ko bazabona ababo bisa no kurota ku manywa.

Ikindi ni uko hari abantu 50 bakirembeye mu bitaro, abo bakaba barimo abakabakaba 40 bamerewe nabi cyane.

Umwe mu baturage yabwiye Agence France Presse ati: “Yewe kwizera ko hari abo tuzasanga bakiri bazima byahagaze pe!”

Polisi kandi yatangiye gukoresha ikoranabuhanga mu gusuzuma imirambo ngo hamenyekane abo bantu harebwe niba na benewabo bamenyekana.

Inkongi ivugwa aha yibasiye imiturirwa irindwi iri mu miturirwa icyenda igize icyanya bise Wang Fuk Court.

Ibikekwa kuba intandaro y’inkongi

Iperereza ku cyateye iyo nkongi rirakomeje.

Icyakora hari ibyo abahanga mu bwubatsi ndetse bamwe bigisha muri Kaminuza bemeza ko byaba ari byo ntandaro yayo.

Guan Yeoh wigisha ubuhanga mu bwubatsi muri Kaminuza yitwa University of New South Wales yabwiye BBC ko kuba ku nkuta za ziriya nyubako hari harashyizwe ibintu bikozwe muri pulasitiki kandi bishobora kwaka biri mu byashyize mu kaga izo nyubako.

Ati: “Ababikoze basaga n’abari bategereje inkongi bihanganye.”

Ikindi ni uko hari n’imigano yari mu byari hafi aho kandi ibi biti biri mu bigurumana cyane iyo bikongejwe.

Uburebure bw’iriya miturirwa nabwo byananije abatabazi bituma kugeza hejuru cyane amazi n’ibindi bituma umuriro uzima bigorana cyane.

TAGGED:AbatabaziAbaturagefeaturedHongImiramboInkongiKong
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburundi Bwatangije Umushinga Wo Gukoresha Ubwenge Buhangano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abahitanywe N’Inkongi Muri Hong Kong Biyongereye, Ikizere Ku Barokotse Cyakendereye

Uburundi Bwatangije Umushinga Wo Gukoresha Ubwenge Buhangano

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Hong Kong: Abishwe N’Inkongi Barakabakaba 100

Kuba Twahurira Washington Tukagira Ibyo Twemeranyaho Ni Ikintu Cyiza-Kagame

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

You Might Also Like

Amadini N'Iyobokamana

Papa Lewo XIV Yageze Muri Turikiya Mu Ruzinduko Rwa Mbere Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umubare W’Abahitanywe N’Inkongi Muri Hong Kong Wageze Ku Bantu 55

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

U Rwanda Rurakina Na Guinea Rushaka Tike Y’Igikombe Cy’Isi Muri Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Iseru: Indwara Iheruka Mu Rwanda Iravugwa i Masisi Na Rutshuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?