Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaholandi Basabwe Kutarenza Iminota Itanu Biyuhagira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abaholandi Basabwe Kutarenza Iminota Itanu Biyuhagira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2022 9:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko imbaraga zo gukoresha bashyushya cyangwa bakonjesha ingo zabo zagabanutse kubera ibibazo bafitanye n’u Burusiya, abaturage b’u Buholandi basabwe kutarenza iminota itanu biyuhagira.

Ni ikibazo bamwe bavuga ko kizabakomerera kubera ko muri iki gihe mu Burayi haba hakonje cyane bakeneye amazi ashyushye kugira ngo biyuhagire kuko ntawakwikoza amazi akonje ku rugero ruri munsi ya zero ku gipimo cya Celsius.

Ubuyobozi bw’u Buholandi busaba abaturage kudakoresha ingufu  nyinshi bashyushya amazi kubera ko iziri mu gihugu ari nke.

Ikigo gishamikiye kuri Leta y’u Buholandi kitwa Milieu Centraal kivuga ko kuba Leta yasabye abaturage gukoresha amazi muri buriya buryo biri mu rwego rwo kubafasha kuzigama umuriro n’amafaranga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

The Wall Street Journal yanditse ko abaturage b’u Buholandi baramutse bakurikije inama bahawe n’ubuyobozi bw’igihugu cyabo, buri wese yashobora kuzigama byibura  €130 ku mwaka yiyongera ku yandi basanzwe bazigama.

Abaturage ariko bavuga ko batangiye kumenyera iriya mikorere.

Umwe muri bo avuga ko yagabanyije inshuro yiyuhagira mu kwezi kandi ngo iyo yumvise ashyushya ajya ahantu hari amahumbezi.

Umunyamakuru ukora iby’ubukungu muri kiriya gihugu witwa Hans de Kok avuga ko muri Kanama, 2022 umuturage w’u Buholandi yishyuye €503 avuye ku mafaranga  €142 yishyuraga mu kwezi nk’uku mu mwaka wa 2021.

U Burusiya bushinjwa ko buri kwihimura ku Banyaburayi kubera inkunga baha Ukraine mu ntambara buri kurwana nayo.

- Advertisement -

Buherutse gufunga umuyoboro wa gazi wagaburiraga igice kinini cy’u Burayi none busa n’ubwabuze imbaraga zo guteka no gushyushya  ibyumba ngo abantu baryame batekanye.

Ndetse no guteka byabaye ikibazo k’uburyo hari n’abarya umushyushyo!

Icyakora ibibazo by’u Burusiya na Ukraine bikomeje kuzamba.

Putin avuga ko ingabo ze zizaguma ku rugamba kugeza igihe  zirutsindiye ariko n’abashyigikiye Ukraine nabo bavuga ko batazayitererana.

Ab’ingenzi ni Abanyamerika.

Uretse intwaro bayiha, hari n’abasirikare bayo batoza kugira ngo bazahangane n’igihangange kitwa u Burusiya.

U Burusiya nabwo ariko bufite umufasha witwa u Bushinwa.

U Bushinwa ntibwerura ngo buvuge ko bufasha u Burusiya ariko abazi neza uko umukino w’ububanyi n’amahanga umeze ku rwego rw’isi bazi ko Moscow na Beijing babanye neza.

Intambara y’u Burisyia na Ukraine yazahaje abanyaburayi mu rwego rw’ingufu zo gukoresha ariko izahaza n’Afurika mu rwego rw’ubuhinzi.

Abanyafurika babuze ingano zo kurya babura n’ibikomoka kuri petelori   bihagije , ibiciro ku isoko birazamuka ibibazo biravuka k’uburyo hari n’aho abaturage bigaragambije basaba ko abayobozi babo begura.

TAGGED:BuholandiBurusiyafeaturedIngufuIntambara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Urubyiruko Rugiye Gufashwa Kwiga Ikoranabuhanga Muri Byinshi
Next Article Mu Bihugu Bifite Ibibazo, Icy’Ibanze Ni Ukutagira Leta- Filozofe Prof Nzeyimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?