Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakandagira Mu Busitani Bw’Umujyi Wa Kigali Bahagurukiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakandagira Mu Busitani Bw’Umujyi Wa Kigali Bahagurukiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2023 6:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko igihe kigeze ngo abatuye Umujyi wa Kigali n’abawugenda bamenye ko guca mu bisitani bitemewe kandi bazirikane ko ababikora bazabihanirwa.

Guca cyangwa guta imyanda mu bisitani bibangamira gahunda ya ‘Kigali ikeye kandi itoshye.’

Kigali hafi ya yose ifite imihanda n’inyubako bikijijwe n’ibiti n’ibyatsi bitoshye harimo n’indabo.

Ubuyobozi bw’uyu mujyi kandi bwibutsa abantu ko hari ahantu hagenewe abanyamaguru ndetse n’amagare n’ubwo ahagenewe amagare ho hari gahunda yo kuhagura.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ibikorwa byakozwe k’ubufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’abashoramari.

Hari ibyanya byashyizweho byo kwidagaduriramo no kuruhukiramo abaturage babishatse kandi babifitiye ubushobozi bakahafatira amafunguro n’ibinyobwa.

Ahenshi mu hashyizwe ibi bikorwa remezo, mbere hahoze hari indiri y’abagizi ba nabi.

N’ubwo ari uko bimeze, hari abatuye cyangwa abagenda mu mujyi wa Kigali baca rwagati mu busitani cyangwa bagatamo imyanda kandi bitemewe.

Kuba bitemewe byatumye ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na Polisi y’u Rwanda batangiza ubukangurambaga bwo kwibutsa abantu ububi bwo kujugunya imyanda mu bisitani cyangwa kubucamo.

- Advertisement -

Abaturage basabwe kugira ‘umuco w’isuku.’

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Urujeni Martine avuga ko abaturage bangiza isura y’ubwiza bw’umujyi wa Kigali  bagiye guhagurukirwa, bakajya babihanirwa.

Martine Urujeni

Icyakora ntiharatangazwa ibyo bihano ibyo ari byo.

Guhana abangiza ubusitani bw’i Kigali bizakorwa kubera ko bibangamira intego yo kugira umujyi ukeye kandi utoshye.

TAGGED:featuredKigaliPolisiUbusitaniUmujyiUrujeni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meya Wa Nyamasheke Avuga Ko Abaturage ‘Batanyurwa’ N’Amazi Bahawe
Next Article Abasifuzi Ba Karate Babwiwe Ko Hari Ibyahindutse Mu Mategeko Yayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakobwa Biga Amashuri Mato Ni Benshi, Bakagabanuka Muri Kaminuza…

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?