Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakekwaho Kwiba Ububiko Bwa Dubai Port Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Abakekwaho Kwiba Ububiko Bwa Dubai Port Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2025 12:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bakurikiranyweho kwiba
SHARE

Mu Murenge wa Ndera mu Kagari ka Rudashya, Umudugudu wa Nyakagezi Polisi yafatiwe abagabo batatu bari bamaze iminsi bashakishwa nyuma yo kwiba ibyuma by’igare byari mu makarito umunani bibye mu bubiko buri i Masaka bwitwa Dubai Port.

Polisi yabafatiye mu ngo zabo, bibwira ko ntawabamenye, irahabasanga irabafata.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police(CIP) Wellars Gahonzire avuga ko hari abandi bafatiwe mu Murenge wa Rutunga nawo wo mu Karere ka Gasabo bakaba bakurikiranyweho kwiba ibikoresho byo mu ngo z’abaturanyi.

Polisi ivuga ko babyibaga babanje gutobora inzu  mu gicuku abaturage bashyizweyo kubera ibitotsi.

Abafatiwe i Rutunga ni abasore bane bafatiwe mu Mudugudu wa Kabariza, Akagari ka Kabariza, bikavugwa ko bibaga bitwaje ibyuma byo kugirira nabi ubakomye imbere.

Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera na Rutunga.

Ubujura burakenya…

Polisi y’ u Rwanda ivuga ko abakora ubujura baba bishyize mu kaga kuko bukenya.

Ivuga ko uwo ari we wese wumva ko azatungwa no kwiba yibeshya kuko azafatwa, agafungwa, akadindira mu iterambere.

Icyakora uru rwego rushimira abaturage batanga amakuru y’abakekwaho ubujura, bikarufasha kubashaka bagashyikirizwa ubutabera bityo bigatuma abaturage batekana mu rugero runaka.

Hari raporo zivuga ko bimwe mu byaha bikunze kugaragara mu rubyiruko mu Rwanda ari ubujura, gukubita no gukomeretsa.

Nibyo byagaruka kenshi kandi, igiteye impungenge, ni uko urubyiruko ari rwo rukunze kubigaragaramo.

Bivuze kandi ko abenshi mu bafungiwe ibyaha mu Rwanda bakatiwe bahamijwe ubujura cyangwa gukubita no gukomeretsa.

TAGGED:KigaliNderaPolisiubujuraUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Bafashwe Bacukura Zahabu Bitemewe
Next Article Kigali: Abahanga Bariga Uko Ibitera Abantu Indwara Byakumirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?