Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakoresha Airtel Money Bikubye 4 Guhera Mu Mwaka Wa 2020
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abakoresha Airtel Money Bikubye 4 Guhera Mu Mwaka Wa 2020

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2022 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 Jean Claude Gaga uyobora Ikigo Airtel Money yaraye abwiye Taarifa ko guhera mu mwaka wa 2020 ubwo COVID-19 yadukaga mu Rwanda, umubare w’Abanyarwanda bakoresha Airtel Money wikubye kane.

Avuga ko byatewe ahanini na Polikiti yashyizweho na Banki Nkuru y’u Rwanda yorohereje abantu, ikuraho ikiguzi cyo kohererezanya amafaranga, bikaba byari mu buryo bwo gufasha abaturage kudahendwa kuko muri kiriya gihe ubukungu bwari bwifashe nabi.

Mu Rwanda humvikanye bwa mbere ubwandu bw’Icyorezo COVID-19 taliki 14, Werurwe, 2020.

Ntibyatinze Guverinoma iraterana yanzura ko Abanyarwanda hafi ya bose baguma mu ngo zabo kugira ngo hatagira uhura n’undi akamwanduza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abantu bacye bakora mu nzego z’ubuzima zikenerwa kurusha izindi nibo bemerewe kuva mu ngo zabo bakajya mu kazi.

Kubera ko abari basigaye mu ngo bagombaga kubona uko bahaha, ibigo bitanga serivisi za banki, guhererekanya amafaranga nazo zakomeje gukora.

Muri izo nzego harimo na Airtel Money.

Bidatinze Banki Nkuru y’u  Rwanda na Minisiteri y’ubucuruzi batangaje ko igipimo abantu bakoreshaga boherereza cyangwa bakira amafaranga bakoresheje ikoranabuhanga cyikubye inshuro nyinshi.

Ku ruhande rwa Airtel Money, Jean Claude Gaga avuga ko umubare w’abayikoreshaga wikubye kane.

- Advertisement -

Mu Banyarwanda bakabakaba miliyoni 13.5, abagera kuri Miliyoni eshatu bakoresha Airtel Money.

Ku byerekeye ahiganje abantu benshi bakoresha ikoranabuhanga mu kwakira no kohererezanya amafaranga , Gaga yavuze ko mu Mijyi ari ho biganje ariko ngo no mu cyaro imibare irazamuka.

Jean Claude Gaga uyobora Airtel Money

Abajijwe ku zindi serivisi yavuze ko ubusanzwe Airtel Money ari ikigo ukwacyo, gicungwa na Banki nkuru y’igihugu mu gihe hari ikindi kigo kitwa Airtel Rwanda gitanga serivisi z’itumanaho na murandasi cyo gicungwa n’Ikigo k’Igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA.

Icyakora ngo muri rusange byose biterwa na serivisi itangwa kuko murandasi yo ikoreshwa mu bice by’imijyi kurusha uko bimeze mu Cyaro.

Ku byerekeye guhamagara no kwitaba ngo n’aho imibare irazamuka.

Tugarutse kuri Airtel Money, iki kigo gifite icyicaro Nyarutarama giherutse gutangiza uburyo bwo kwakira no kohererezanya amafaranga binyuze ku murongo uwo ari wo wose umuntu akoresheje.

Muri Nyakanga, 2022 hazatangizwa ubukangurambaga bwo kuwumenyesha abantu bose binyuze mu biganiro bizatangwa n’icyamamare KNC hirya no hino mu Rwanda.

TAGGED:AirtelAmafarangafeaturedGagaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bavugwaho Gucuruza Abana Bafite Ubumuga
Next Article Imyaka Igiye Kuba 30, Hari Abana B’u Rwanda Baheze Mu Butaliyani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?