Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakoresha Airtel Money Bikubye 4 Guhera Mu Mwaka Wa 2020
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abakoresha Airtel Money Bikubye 4 Guhera Mu Mwaka Wa 2020

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2022 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 Jean Claude Gaga uyobora Ikigo Airtel Money yaraye abwiye Taarifa ko guhera mu mwaka wa 2020 ubwo COVID-19 yadukaga mu Rwanda, umubare w’Abanyarwanda bakoresha Airtel Money wikubye kane.

Avuga ko byatewe ahanini na Polikiti yashyizweho na Banki Nkuru y’u Rwanda yorohereje abantu, ikuraho ikiguzi cyo kohererezanya amafaranga, bikaba byari mu buryo bwo gufasha abaturage kudahendwa kuko muri kiriya gihe ubukungu bwari bwifashe nabi.

Mu Rwanda humvikanye bwa mbere ubwandu bw’Icyorezo COVID-19 taliki 14, Werurwe, 2020.

Ntibyatinze Guverinoma iraterana yanzura ko Abanyarwanda hafi ya bose baguma mu ngo zabo kugira ngo hatagira uhura n’undi akamwanduza.

Abantu bacye bakora mu nzego z’ubuzima zikenerwa kurusha izindi nibo bemerewe kuva mu ngo zabo bakajya mu kazi.

Kubera ko abari basigaye mu ngo bagombaga kubona uko bahaha, ibigo bitanga serivisi za banki, guhererekanya amafaranga nazo zakomeje gukora.

Muri izo nzego harimo na Airtel Money.

Bidatinze Banki Nkuru y’u  Rwanda na Minisiteri y’ubucuruzi batangaje ko igipimo abantu bakoreshaga boherereza cyangwa bakira amafaranga bakoresheje ikoranabuhanga cyikubye inshuro nyinshi.

Ku ruhande rwa Airtel Money, Jean Claude Gaga avuga ko umubare w’abayikoreshaga wikubye kane.

Mu Banyarwanda bakabakaba miliyoni 13.5, abagera kuri Miliyoni eshatu bakoresha Airtel Money.

Ku byerekeye ahiganje abantu benshi bakoresha ikoranabuhanga mu kwakira no kohererezanya amafaranga , Gaga yavuze ko mu Mijyi ari ho biganje ariko ngo no mu cyaro imibare irazamuka.

Jean Claude Gaga uyobora Airtel Money

Abajijwe ku zindi serivisi yavuze ko ubusanzwe Airtel Money ari ikigo ukwacyo, gicungwa na Banki nkuru y’igihugu mu gihe hari ikindi kigo kitwa Airtel Rwanda gitanga serivisi z’itumanaho na murandasi cyo gicungwa n’Ikigo k’Igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA.

Icyakora ngo muri rusange byose biterwa na serivisi itangwa kuko murandasi yo ikoreshwa mu bice by’imijyi kurusha uko bimeze mu Cyaro.

Ku byerekeye guhamagara no kwitaba ngo n’aho imibare irazamuka.

Tugarutse kuri Airtel Money, iki kigo gifite icyicaro Nyarutarama giherutse gutangiza uburyo bwo kwakira no kohererezanya amafaranga binyuze ku murongo uwo ari wo wose umuntu akoresheje.

Muri Nyakanga, 2022 hazatangizwa ubukangurambaga bwo kuwumenyesha abantu bose binyuze mu biganiro bizatangwa n’icyamamare KNC hirya no hino mu Rwanda.

TAGGED:AirtelAmafarangafeaturedGagaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bavugwaho Gucuruza Abana Bafite Ubumuga
Next Article Imyaka Igiye Kuba 30, Hari Abana B’u Rwanda Baheze Mu Butaliyani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?