Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Barashakishwa Kubera Icyaha Bakoreye i Karongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Rutsiro: Barashakishwa Kubera Icyaha Bakoreye i Karongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2025 1:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bivugwa ko icyaha bagikoreye muri Karongi bahungira muri Rutsiro.
SHARE

Hategekimana na Sebera  bo muri  Rutsiro barashakishwa  n’ubuyobozi n’inzego z’umutekano zo mu Karere  ka Karongi  nyuma y’ibyo bavugwaho byo  kwica Niyibizi Pacifique w’imyaka 25 bivugwa ko yari aje kubiba ibirayi bakamutera igisongo mu gituza.

Bivugwa ko bamuteye igisongo akagwa mu ishyamba  kuko ari ho abantu basanze umurambo we.

Imvaho Nshya yanditse ko abo bantu bakurikiranyweho icyaha bakoreye mu Muduguddu wa Matyazo, Akagari ka Gitovu, Umurenge wa Rugabano muri Karongi.

Amakuru avuga ko nyakwigendera yari amaze iminsi ashwanye n’umugore we, yarahukanye, bikavugwa ko yagiye kwiba ibirayi mu ijoro mu murima w’umwe muri abo bantu babuze asanga barinze imirima yabo yegeranye, umwe amutera igisongo.

Umuturage ati: “ Abo bantu bwarakeye batangira kwigamba ko bateye umuntu igisongo mu mutima wari waje kubiba ibirayi. Ntibari bazi ko icyo gisongo cyamutsinze mu ishyamba.”

Nyuma y’iminsi ibiri uwo muntu yarabuze, Nyina yagiye gutanga ikirego kuri RIB ko yabuze umuhungu we ngo imufashe kumushakisha kuko n’umugore we yari yarahukanye.

Nyuma rero umukobwa w’imyaka 21 witwa Uwizeyinama Claudine yagiye gushaka ubwatsi bw’inka muri iryo shyamba abona uwo murambo.

Uwo muturage yakomeje ati: “Yageze muri iryo shyamba ryo ku Gatare abonamo umuntu wapfuye ariryamyemo, agaruka avuza induru ahuruza, abaturanyi batabaye basanga ni umurambo w’uwo Niyibizi Pacifique wabaga mu Mudugudu wa Kagombyi, Akagari ka Mucyimba, kuko bari bamuzi, bitegereje basanga koko yaratewe igisongo mu mutima, umurambo waratangiye kwangirika, bahamagaza RIB.”

Abakozi b’uru rwego bategetse ko uwo murambo ujyanwa mu bitaro bya Kibuye gukorerwa isuzuma rya muganga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugabano, Ngendahimana Jean Damascène avuga ko bari gukorana n’abo mu Murenge wa Mukura muri Rutsiro ngo abo bantu bakekwaho kwica uyu mugabo bashakishwe, bafatwe babiryozwe.

Gitifu ati: “Umurambo we wasanzwe umaze iminsi mu ishyamba waratangiye kwangirika, bigaragara ko yari amaze iminsi yarabuze. Na nyina yari yagiye kuri RIB gutanga ikirego avuga ko yabuze umuntu.’’

Yasabye abagifite ingeso y’ubujura kuyireka, bagakora ibibateza imbere baruhiye aho gutegereza kwiba ibyaruhiwe n’abandi.

Yanasabye abarinda imyaka yabo nijoro ko batajya bahutiraho igihe bikanze uje kubiba ngo babe bakwambura ubuzima uwo bagombaga gufata, kuko kumwambura ubuzima nabo bibagiraho ingaruka.

TAGGED:AbaturagefeaturedIbirayiIgisongoKarongiKwibaRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Davido Yashyizwe Mu Kigo Gitegura Grammy Awards
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zavuze Ku Musirikare Wazo Wafatiwe Mu Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?