Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakoresha Umupaka Wa Rusizi Bafite Ibyago Byo Kuvana COVID Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakoresha Umupaka Wa Rusizi Bafite Ibyago Byo Kuvana COVID Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 September 2021 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango utari uwa Leta witwa SODECO, Dany Rubibi yabwiye Taarifa ko abakoresha umupaka wa Rusizi( Rusizi I na Rusizi II) bafite ibyago byo kuvana ubwandu bwa COVID-19 muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bakagikwiza mu Rwanda kubera ubuhahirane.

SODECO(Solidarité Pour le Devélopment Communautaire)  ni umuryango witwa ku baturage babaye kurusha abandi.

Avuga ko ubushakashatsi bakoze bwaberetse ko impamvu ibitera ari uko bumva ko kuba barakingiwe bibaha uburenganzira bwo kutambara agapfukamunwa, ntibahane intera… kandi hakaba ikibazo cy’uko abo bahahirana nabo muri DRC batirinda nk’uko bimeze mu Rwanda.

Ati: “ Muri iki gihe cya COVID uyu muryango wagerageje gufasha Leta, dukora ubukangurambaga bwo kutirara ngo abantu  bumve ko agapfukamunwa katagifite akamaro.”

Avuga ko hari ababonye ko bakingiwe kabiri, ntibongera gukaraba, ntibongera kwambara agapfukamunwa, guhana intera, gukaraba intoki n’izindi ngamba zo kwirinda kiriya cyorezo.

Ni ubukangurambaga bukorwa na SODECO muri Kamembe na Mururu mu Karere ka Rusizi

Ikibazo abo Rusizi bafite ngo ni uko bagenzi babo bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo badakurikiza cyane amabwiriza yo kwirinda COVID-19 bityo hakaba impungenge z’uko kiriya cyorezo cyakomeza kwanduza Abanyarwanda bagirana ubucuruzi n’abo muri DRC.

Dany Rubibi avuga ko ubukangurambaga bakoze bugamije kwibutsa abatuye Rusizi ko n’ubwo umuntu yaba yarakingiwe kabiri, aba ashobora kwandura.

Ati: “ Icyo twabonye ni uko abaturage bavuga ko COVID-19 yashize, ko itabanduza. Abaturage batubwira ko corona yashize. Abandi bakavuga ko bikingije ntaho yabaturuka.”

Ubwandu muri Rusizi ntibukabije cyane ariko barugarijwe kubera abo bakorana ubucuruzi

Avuga ko abatuye ku mupaka wa Rusizi bababaza abo muri SODECO  niba bazanywe no kubakingira,  bo bakabasubiza ko byaba byiza bagannye ibigo ndera buzima bibegereye.

Buriya bukangurambaga babukora bafatanyije n’abo mu nzego z’ibanze mu mirenge ya Mururu na Kamembe.

Imibare yerekana ko abantu bapimwe mu Karere ka Rusizi bangana na 3% nk’uko bikubiye mu mibare ya RBC.

Ubwandu muri Rusizi buraringaniye ni ukuvuga ko buri kuri 6%.

Iyi mibare yasohowe na RBC tariki 10, Nzeri, 2021.

Uturere twa mbere dufite ubwandu bwinshi mu Rwanda kugeza ubu ni Ngoma, Gicumbi, Nyagatare na Kirehe.

Ubwandu bucye mu Rwanda muri iki gihe buri muri Kigali kuko abarenga 60% bahawe inkingo ebyiri, mu gihe abarenga 90% bafashe urukingo rumwe.

Amakuru mashya Taarifa icyesha ikinyamakuru DailyMail avuga ko hari umwarimu wo muri Kaminuza witwa Professor Dame Sarah Gilbert uri mu bakoze urukingo rwa AstraZenica uvuga ko hasigaye igihe gito COVID-19 igahinduka nka grippe(cold) isanzwe.

Prof Sarah Gilbert avuga ko kiriya cyorezo kitazahindura isura ngo kibe kibi nk’uko bimeze muri iki gihe, ahubwo kizaba nka grippe isanzwe ndetse ko n’abana bazayirwara bakagira ibimenyetso bya grippe.

Prof Sarah Gilbert

Icyakora, Professor Dame Sarah Gilbert avuga ko kwirinda COVID-19 bizakomeza kuba ngombwa, abantu  bakambara agapfukamunwa kandi gukurikiza izindi ngamba zose zitangwa n’abaganga.

TAGGED:CongoCOVID-19featuredRusiziUbwandu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CHUK Yitandukanyije N’Uwayiyitiriye Akaka Ruswa Abakoze Impanuka
Next Article Abanyapolitiki 3 Bavugwaho Kuba Inyuma Y’Ibitero Bya Grenade I Bujumbura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?