Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakozi 5 Ba REG Batawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakozi 5 Ba REG Batawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2022 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Bugesera haravugwa inkuru y’abakozi batanu b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga ingufu, REG, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha.

Bane mu bafashwe banganya imyaka y’amavuko kuko buri wese afite 32, n’aho undi umwe afite imyaka 38 y’amavuko.

Mu mpera z’Ugushyingo, 2022 bivugwa ko abo bantu bakoranye icyaha cyo kwangiza ibikorwa remezo nyuma yo kumanura urutsinga rw’amashanyatazi ruyavana mu cyuma kiyakira( transfo) rukayajyana ku munara w’ahitwa Kayovu, mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera.

Amakuru avuga ko ruriya rutsinga rufite agaciro ka Frw3,544,248.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ruvuga ko abantu  basenya ibikorwaremezo baba bakoze icyaha kandi ko bagombye kubizibukira.

Rusaba abatuye u Rwanda kuzirikana ko kurinda ibikorwa remezo ari bo bigirira akamaro kuko bituma igihugu kitadindira mu iterambere rya bose kandi n’abantu bakaba birinze ibihano bigendana no gukora kiriya cyaha.

Muri byo harimo gufungwa igihe kitari munsi y’umwaka ariko kitarenze imyaka itanu cyangwa akishyura Frw 1,000,000 ariko atarenze Frw 5,000,000 cyangwa kimwe muri byo bihano.

TAGGED:AmashanyaraziBugeseraIcyahaREGRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurashaka Kubaka ‘Ubukungu Budapfusha Ubusa’
Next Article M23 Yiyemeje Kuva Ku Izima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?