Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakozi Ba ISCO Bahuguwe Uko Inkongi Irwanywa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Abakozi Ba ISCO Bahuguwe Uko Inkongi Irwanywa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 July 2024 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi b’ikigo gicunga umutekano ku nyubako z’abikorera ku giti cyabo ndetse n’iza Leta kitwa ISCO baraye barangije amasomo yo gukumira no kurwanya inkongi baherwaga ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Abakozi 20 b’iki kigo nibo baraye barangije ayo masomo bari bamazemo iminsi irindwi.

Guhugura abantu uko birinda cyangwa barwanya inkongi ni imwe mu nshingano z’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, Fire & Rescue Brigade.

Intego yaryo ni ukongerera abaturage ubumenyi mu kwirinda inkongi no kuyirwanya, bigakorwa hirindwa ibyago umuriro uteza birimo no guhitana abantu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abakozi ba ISCO bahuguwe bigishijwe icyo inkongi ari cyo, uko ivuga n’uburyo bwo kuyizimya igihe cyose yaba yadutse aho ari ho hose.

Bahawe ubumenyi rusange ku nkongi n’uburyo bwo kuzikumira, guhungisha abantu bari ahabereye inkongi, ubumenyi bwo kugenzura ibyateza inkongi, gukoresha ibizimyamuriro bitandukanye byifashishwa ahabaye inkongi n’ubutabazi bw’ibanze n’ibindi.

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi n’ubutabazi rivuga ko gukangurira abantu benshi kwirinda impanuka binyujijwe mu mahugurwa kugira ngo bagire ubumenyi bwo gukumira no kurwanya inkongi ari gahunda izakomeza.

Hashize igihe gito ahitwa kwa Makuza hahiye.

Mbere y’aho hari indi nkongi yadutse mu rugo rw’uwitwa Rutangarwamaboko ariko Polisi irayizimya.

- Advertisement -

Mu mpeshyi nibwo inkongi ikunda kwaduka mu nyubako zitandukanye zirimo n’izikorerwamo n’abantu benshi.

Akenshi biterwa n’intsinga z’amashanyarazi ziba zishaje cyangwa bigaterwa n’uburangare bw’abantu basiga bacometse ipasi cyangwa ntibarinde ko gazi batekesha zaturika.

TAGGED:InkongiISCOPolisiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Senateri W’Umunyamerika Wari Inshuti Ya Kagame Yatabarutse
Next Article APR FC Yaraye Yitwaye Neza Mu Gutangira CECAFA Kagame Cup
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyeshuri Ba Kaminuza Nkuru Y’Uburundi Bafitiye Ubwoba Amatora

Ifu Y’Ifi: Ubundi Buryo Bwo Kurwanya Indyo Mbi Mu Bana B’u Rwanda

Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Irushanwa Ryo Kwibuka Abakinaga Volley Bazize Jenoside Ryasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?