Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakozi B’Ibigo Bibiri Bya Leta RIB Yabataye Muri Yombi ‘Bakekwaho’ Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Abakozi B’Ibigo Bibiri Bya Leta RIB Yabataye Muri Yombi ‘Bakekwaho’ Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2022 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abagabo batatu barimo Frederick Bizimana usanzwe ari  umukozi mu Kigo cy’Igihugu cy’Imiturire (Rwanda Housing Authority),  Bwana Jonas Niyonambaza usanzwe ukora muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) n’uwitwa Ruvugabigwi Jerôme bivugwa ko yakoraga nk’umukomisiyoneri kuri ruswa. Barakekwaho ruswa.

Taarifa yemenye ko bariya bagabo bari bafite umugambi wo kwemeza irangizwa ry’ibikorwa byo kubaka imwe mu nyubako za Kaminuza bagasaba ruswa ya Frw 9,000,000.

Ibi kandi ngo bigize icyaha.

Nyuma y’uko abagenzacyaha bamenyeye iby’uyu mugambi wa ruswa,  batangira gukurikiranira hafi ababikekwagamo.

Amakuru Taarifa yakuye ahantu hizewe avuga ko bariya bose bafashwe ubwo wa mugabo wo muri Rwanda Housing Authority yakiraga Frw 4,000,000 ya ‘avanse’ kuko ngo yagombaga kwishyurwa Frw 9,000,000.

Ngo yari yabatse ariya mafaranga mu rwego rwo kunaniza abamusabaga ko abasinyira ko iyo nyubako ya Kaminuza y’u Rwanda yuzuye yujuje ibisabwa byose.

Ibiro by’Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, bivuga ko abo bantu bakekwaho iriya ruswa, bafungiwe kuri Station y’uru rwego ya Kicukiro.

Hatangijwe iperereza ryimbitse kuri iki cyaha, nyuma hakazakorwa idosiye ibageza mu Bushinjacyaha.

RIB isaba abaturage muri rusange n’abafite inshingano zituma bagira aho bahurira n’amafaranga kwirinda ruswa kuko uretse no kuba yangiza ubukungu bw’u Rwanda, igira n’ingaruka ku bayigiramo uruhare kuko iyo bafashwe babihanirwa n’amategeko y’u Rwanda.

Hagati aho kandi, nta gihe kinini uru rwego rufashe abandi bakozi babiri b’Akarere ka Kicukiro bakira ruswa bari batse umucuruzi ufite ikigo gitanga serivisi z’amacumbi ngo adafungirwa serivisi kuko bamushinjaga isuku nke.

Bamwakaga Miliyoni Frw 1, ariko bafatwa ari kubaha Frw 400,000 kuko ari yo ‘yari yabaye abonye.’

Umwe mu bakozi bo  ku Karere ka Kicukiro utashatse ko tumutangaza amazina icyo gihe yatubwiye ko bariya bagabo bombi bakoraga mu ishami ry’abakozi b’Akarere bashinzwe isuku n’isukura no kurengera ibidukikije.

TAGGED:IkigoKaminuzaRIBRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafata Ku Ikamyo Ngo Ibigize Imbere Bacibwa Amande Ya Frw 10,000
Next Article Umurunga Uhuza u Rwanda N’Amerika Urakomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?