Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakozi B’Ibigo Bibiri Bya Leta RIB Yabataye Muri Yombi ‘Bakekwaho’ Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Abakozi B’Ibigo Bibiri Bya Leta RIB Yabataye Muri Yombi ‘Bakekwaho’ Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2022 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abagabo batatu barimo Frederick Bizimana usanzwe ari  umukozi mu Kigo cy’Igihugu cy’Imiturire (Rwanda Housing Authority),  Bwana Jonas Niyonambaza usanzwe ukora muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) n’uwitwa Ruvugabigwi Jerôme bivugwa ko yakoraga nk’umukomisiyoneri kuri ruswa. Barakekwaho ruswa.

Taarifa yemenye ko bariya bagabo bari bafite umugambi wo kwemeza irangizwa ry’ibikorwa byo kubaka imwe mu nyubako za Kaminuza bagasaba ruswa ya Frw 9,000,000.

Ibi kandi ngo bigize icyaha.

Nyuma y’uko abagenzacyaha bamenyeye iby’uyu mugambi wa ruswa,  batangira gukurikiranira hafi ababikekwagamo.

Amakuru Taarifa yakuye ahantu hizewe avuga ko bariya bose bafashwe ubwo wa mugabo wo muri Rwanda Housing Authority yakiraga Frw 4,000,000 ya ‘avanse’ kuko ngo yagombaga kwishyurwa Frw 9,000,000.

Ngo yari yabatse ariya mafaranga mu rwego rwo kunaniza abamusabaga ko abasinyira ko iyo nyubako ya Kaminuza y’u Rwanda yuzuye yujuje ibisabwa byose.

Ibiro by’Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, bivuga ko abo bantu bakekwaho iriya ruswa, bafungiwe kuri Station y’uru rwego ya Kicukiro.

Hatangijwe iperereza ryimbitse kuri iki cyaha, nyuma hakazakorwa idosiye ibageza mu Bushinjacyaha.

RIB isaba abaturage muri rusange n’abafite inshingano zituma bagira aho bahurira n’amafaranga kwirinda ruswa kuko uretse no kuba yangiza ubukungu bw’u Rwanda, igira n’ingaruka ku bayigiramo uruhare kuko iyo bafashwe babihanirwa n’amategeko y’u Rwanda.

Hagati aho kandi, nta gihe kinini uru rwego rufashe abandi bakozi babiri b’Akarere ka Kicukiro bakira ruswa bari batse umucuruzi ufite ikigo gitanga serivisi z’amacumbi ngo adafungirwa serivisi kuko bamushinjaga isuku nke.

Bamwakaga Miliyoni Frw 1, ariko bafatwa ari kubaha Frw 400,000 kuko ari yo ‘yari yabaye abonye.’

Umwe mu bakozi bo  ku Karere ka Kicukiro utashatse ko tumutangaza amazina icyo gihe yatubwiye ko bariya bagabo bombi bakoraga mu ishami ry’abakozi b’Akarere bashinzwe isuku n’isukura no kurengera ibidukikije.

TAGGED:IkigoKaminuzaRIBRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafata Ku Ikamyo Ngo Ibigize Imbere Bacibwa Amande Ya Frw 10,000
Next Article Umurunga Uhuza u Rwanda N’Amerika Urakomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Nyanza: Yari Hafi Kurongora None Akurikiranyweho Gusambanya Umwana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?