Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakurikiranira Hafi Nyiragongo Baratanga Umuburo!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Abakurikiranira Hafi Nyiragongo Baratanga Umuburo!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2021 5:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga mu miterere n’imikorere y’ibirunga mu mpera z’Icyumweru gishize(hari ku wa Gatandatu tariki 24, Nyakanga, 2021) basohoye itangazo ribwira abaturiye ikirunga cya Nyiragongo kugira ibyo bitwararika birimo n’isuku kubera ivu ryo muri kiriya kirunga riherutse gutumukira mu kirere.

Ivu ryo mu kirunga riba ririmo uburozi bwinshi buterwa n’ibinyabutabire birigize cyane cyane carbon.

Ririya tangazo rivuga ko abahanga mu mikorere y’ibirunga bakorera mu gace gaturanye na Nyiragongo, i Goma baherutse kubona ikirundo cy’ivu ryari ryarirundanyije mu munwa wa Nyiragongo nyuma y’uko iruka( ni mu minsi mike ishize) rirundumukira mu kirunga imbere irindi ritumukira mu kirere.

Ikigo cya bariya bahanga kitwa Obsèrvatoire Volcanologique de Goma cyanditse ririya tangazo kivuga ko abantu bakwiye kwitondera ibiribwa n’ibinyobwa basarura cyangwa bahaha mu bice bituranye na Nyiragongo kuko bishobora kubatera uburwayi baramutse babiriye bitaronze neza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Itangazo riburira

Bavuga ko ubu burwayi bushobora guterwa n’uko ririya vu ryagwa ku biribwa nabo bakabirya bityo ryagera mu myanya y’ubuhumekero bikaba byayangiza.

Bemeza ko kuba hari ivu ryinshi riherutse gusenyuka aho ryari ryarirunze rikagwa mu nda ya Nyiragongo bidashobora guteza umutingiro cyangwa iruka ryayo, ariko nanone ngo rishobora guteza ibibazo by’ubuzima.

Ivu ryo mu Kirunga…

Ivu ryo mu kirunga ni uruvange rw’amabuye, umwuka n’ibindi bintu biba mu kirunga biba byaratwitswe n’umuriro w’inkekwe uba mu nda y’ikirunga, hanyuma nyuma yo kuruka bigahora, bigafatana ‘bikaba ivu.’

Byumvikane neza ko ivu rivugwa aha ritandukanye n’ivu ryo mu ziko kuko byose biterwa n’ibigize ikintu cyahiye.

- Advertisement -

Ni nk’uko ivu ry’amashara ritandukanye n’ivu ry’imbagara.

Ngiyo Nyiragongo ubwo iheruka kuruka.

Ivu ryo mu kirunga riba rigizwe n’utuntu duto cyane, dufite umurambararo wa milimetero ebyiri. Riba ririmo utunogo twinshi bityo bigatuma rigira ireme bwite rito, ibyo bita ‘Low density’ mu Cyongereza.

Nyuma y’uko ikirunga kirutse, ibintu byose bigize amahindure byasigaye ku munwa wacyo bigenda byuma gahoro gahoro, bimwe bikuma vuba kurusha ibindi bitewe n’ireme bwite bifite.

Ibitanga ibindi guhora nibyo byuma vuba kandi buri gihe biba ari byo bifite ireme bwite rito, ni ukuvuga ko buba bitaremereye.

Rya vu twavuze haruguru riba ryoroshye k’uburyo umuyaga ushobora kuritumura ukarigeza mu bilometero byinshi uvuye aho ikirunga kirumbaraye.

Hari inyandiko ya National Geographic ivuga ko iyo ririya vu ari ryinshi, riba rishobora kubangamira indege mu kirere.

Iyo ari ryinshi mu kirere rishobora gutuma indege zigendera ku butumburuke bwo hasi zihura n’ibibazo by’imikorere, bikaba byateza impanuka.

Ikindi ni uko ririya vu iyo rimanutse rikajya ku butaka cyangwa mu kirere kirimo umwuka abantu bahumeka, ryangiza ibihaha byabo, rikabatokoza bikomeye ndetse bigatera n’amazuru kugira ubushyuhe bubabaza, ibyo bita ‘nose irritation’ mu Cyongereza.

Ivu ry’ikirunga rifite ubushobozi bwo kumara imyaka myinshi mu kirere rigitembera.

 

TAGGED:AbahangafeaturedGomaIkirungaIvuNyiragongoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngabo Z’U Rwanda Muri Mozambique Tubafatiye Iry’Iburyo
Next Article Abadepite Ba Uganda Barashaka Miliyoni 30$ Zo Kugura Imodoka Nshya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?