Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abamasayi Bazunguza Imari Ibyabo Bigiye Gusubirwamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abamasayi Bazunguza Imari Ibyabo Bigiye Gusubirwamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2023 10:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwaraye bubwiye itangazamakuru ko igihe kigeze ngo Abamasayi bazunguza imari bagane amasoko nk’abandi Banyarwanda nibitaba ibyo bahagarike ubwo bucuruzi.

Abamasayi bamaze imyaka myinshi mu Rwanda, bakaba bagaragara cyane  cyane mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Uburasirazuba.

Byagora umuntu kubona Umumasayi i Huye , i Burera, cyangwa i Karongi na Nyamasheke.

Mu byo bacuruza higanjemo imirimbo y’abagabo n’abagore, bakiyongeraho inkweto, amakofi, imikandara n’ibindi bitatse mu masaro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Aba bacuruzi bakomoka muri Kenya na Tanzania.

Ubucuruzi bwabo babukora batembera, bakava mu gace kamwe bakajya mu kandi bashaka uwabagurira.

Icyakora umujyi wa Kigali uvuga ko ibi bidakwiye kuko ari akajagari kandi bikaba bihabanye n’uburyo washyizeho w’uko abacuruzi bose bagomba kugira aho bakorera hazwi.

Ni mu rwego rwo guca akajagari ariko no kumenya aho ubwo bucuruzi bukorerwa kugira ngo busore.

Meya w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa

Meya w’Umujyi, Pudence Rubingisa yabwiye itangazamakuru ko abazunguzayi b’Abamasayi bafatwa kimwe n’abandi bityo nabo bakwiye kujya mu masoko cyangwa amaguriro azwi.

- Advertisement -

Yeruye ko nibatabikurikiza, ubucuruzi bwabo buzahagarikwa.

Rubingisa ati: “ Twasanze harimo icyuho mu buryo twita ku kibazo cyabo no kubashakira aho bacururiza. Ni ukubaha igishoro no kubakurikirana kugira ngo ugize ikibazo hagati aho afashwe.”

Umujyi wa Kigali uvuga ko DASSO n’abandi bakora Irondo ry’Umwuga bahuguwe uko bazahangana na kiriya kibazo ntawe bahungabanyije.

Meya Rubingisa avuga ko intego ari uko ibintu bizakorwa neza, ntihagire umuntu ujya mu mirya n’aba Massai.

Lt Col Vianney Higiro uyobora Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyaruguru aherutse kuvuga ko ari ngombwa kudashira amakenga Abamasayi.

Yavuze ko ari ngombwa kuko Abamasayi ari abantu bagera henshi, bafite imiguru y’inkweto idakunze guhindagurika bityo, kuri we, ni ngombwa ko abo bantu bacungirwa hafi.

Asa n’uwashaka kumvikanisha ko hari abantu bashobora kubihishamo bagateza umukano muke.

Umubare w’Abamasayi baba mu Rwanda ntabwo uzwi.

Icyakora baturuka muri Kenya no muri Tanzania.

Nta mubare w’Abamasayi uzwi ariko hazwi iby’abatuye ibihugu baje baturukamo baba mu Rwanda.
TAGGED:AbamasayiDASSOfeaturedRubingisaRwandaUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubyiruko Ruributswa Ko Amahoro Ari Yo Majyambere
Next Article Intambara Ya Sudani Ishobora Kwagukira Mu Bindi Bihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?