Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaminisitiri Bashinzwe Gukorera Abaturage Bitari Mu Magambo Gusa- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaminisitiri Bashinzwe Gukorera Abaturage Bitari Mu Magambo Gusa- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2022 7:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yakiraga indahiro ya Jean Claude Musabyimana uherutse kuba Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu asimbuye Jean Marie Vianney Gatabazi, Perezida Kagame yongeye kwibutsa abayobozi bakuru n’abandi muri rusange ko umuturage ari we amajyambere agomba gushingiraho.

Ngo inshingano y’abayobozi bakuru b’igihugu ni ugukorera abaturage bitari mu magambo gusa.

Hari mu ijambo rito yavugiye mu muhango wo kurahiza uriya mugabo wari usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi.

Perezida Kagame yavuze ko imigambi n’ibikorwa by’abayobozi bose byagombye gushingira ku iterambere ry’umuturage.

Ati «  Abaminisitiri rero n’abandi bayobozi bose, ibyo bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda , gukorera igihugu bitari mu magambo gusa…Ngira ngo ahenshi bigomba kuba bishingira ku bikorwa. »

Perezida Kagame yavuze ko no mu ndahiro abayobozi bakora, haba barimo amagambo asobanura neza inshingano za buri wese, kereka iyo hari uhisemo gukora ukundi abyumva, ubwo bikaba ikibazo ukwacyo.

Yavuze ko nta majyambere yagerwaho adashingiye ku majyambere kandi ngo ni ngombwa ko n’abaturage bahuruka bakabigiramo uruhare.

Ngo inzira u Rwanda rumazemo igihe irumvikana kuri buri wese kandi Perezida Kagame yamusezeranyije ko Jean Claude Musabyimana azakomeza kubona ubwunganizi kugira ngo inshingano ze zikorwe neza.

Jean Claude Musabyimana arahira

Musabyimana Jean Claude asimbuye Gatabazi wasezerewe muri Guverinoma kuri uyu wa Kane Taliki 10, Ugushyingo, 2022.

TAGGED:featuredKagameMusabyimanaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Wabaye Mu Ngabo Z’u Bufaransa Agacyura Igihe Ashima Ko Ashaje Neza
Next Article Perezida W’Angola Arasura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?