Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abamotari Biyemeje Kudahumanya Ikirere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Abamotari Biyemeje Kudahumanya Ikirere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 November 2024 4:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
u Rwanda rufite gahunda y'uko moto zose zitangira gukoresha amashanyarazi
SHARE

Bamwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali babwiye Taarifa Rwanda ko bahisemo kugura moto zikoresha amashanyarazi kuko zibinjiriza kandi ntizihumanye ikirere nk’uko Guverinoma y’u Rwanda yabigize umuhigo.

Ababibona batyo ni abaganiriye n’itangamakuru mu bukangurambaga bwatangijwe n’ikigo kitwa Spiro kigurisha moto zikoresha amashanyarazi.

Bugamije kubwira abantu ibyiza byo gutwara moto zikoresha amashanyarazi kuko zihendutse( ubu ziragurishwa Frw 750,000) kandi ntizihumanye n’ikirere.

Ubuyobozi bufite mu nshingano gutwara abantu n’ibintu ku bufatanye bw’inzego zirengera ibidukikije buherutse gutangaza ko guhera mu ntangiriro za Mutarama, 2025, moto zinywa lisansi zitazongera gupfa kubona ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda.

Byatumye bamwe mu batwara abagenzi kurizo batangira gutekereza uko bazabigenza.

Icyakora nk’uko umumotari witwa Blanche Dusengimana abivuga, gukoresha moto z’amashanyarazi byaba igisubizo kuri izo mpinduramatwara kuko zidahenze kandi zinjiriza umuntu.

Ati: “ Maze imyaka ibiri ntwara iyi moto ariko mbere natwaraga iyitwa 125(abamotari bayita cent vingt-cinq) kandi iyi moto ntwara ni moto itavunanye kuko iyo uyitwaye itakugora uhindura vitesi. Ni automatic kandi icy’ingenzi ni uko idahumanya ikirere”.

Avuga ko ku munsi umuriro wuzuye batiri( battery) imwe umwinjiriza amafaranga Frw 9,000 mu gihe litiro imwe ya lisansi yimwinjirizaga Frw 5,000.

Batiri yuzuye  amashanyarazi igurwa Frw 2,100, ku munsi ikinjiriza motari 9,000.

Bivuze ko motari yunguka Frw 6,900 iyo bateri yuzuye umuriro imwinjirije neza.

Idrissa Harerimana nawe utwara moto ya Spiro agakorera cyane cyane mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge avuga ko aho atangiriye kuyitwara, abagenzi badashobora gutega indi bamureba.

Ndetse akarusho kayo ni uko ifite vitesi eshatu, imwe itarenza kilometero 40 ku isaha, iya kabiri ntirenze ibilometero 60 ku isaha, indi ntirenze ibilometero 80 ku isaha.

Idrissa Harerimana

Iyo ni vitesi Idrissa Harerimana avuga ko zitateranya motari na Polisi kandi zirinda motari kwandikirwa umuvuduko urengeje ibilometero 60, akenshi utuma cameras bita ‘sophia’ zifotora moto yawurengeje.

Tuyishime Muzamini ushinzwe imikoranire mu kigo Spiro Rwanda avuga ko guhera rwagati muri Mutarama, 2025 ari bwo bazatangira kugurisha moto zabo ku Frw 750,000.

Moto yo muri ubu bwoko yagurishwaga Frw 1,800,000.

Yabwiye Taarifa Rwanda ko basanze ari ngombwa gukorera mu mujyo umwe n’ibyo Guverinoma y’u Rwanda iteganyiriza igihugu.

Ati: “ Hari inkuru nziza twumvise ivuye mu Mujyi wa Kigali ko guhera mu mwaka utaha nta moto zikoresha lisansi zizongera guhabwa uruhushya. Ni inkuru twumvise itugwa neza, bituma management yicara isanga igomba gukorana na gahunda y’u Rwanda. Nibwo twatangije gahunda yo gufatanya na Leta muri gahunda ya clean energy”.

Tuyishime Muzamini ushinzwe imikoranire mu kigo Spiro Rwanda

Clean energy avuga ni gahunda Leta y’u Rwanda yafashe yo gukoresha ingufu zidahumanya ikirere.

U Rwanda ruri mu bihugu byasinye amasezerano y’i Paris yo kugabanya ibyuka bituma ikirere gishyuha yiswe Paris Agreement.

Yasinyiwe i Paris taliki 12, Ukuboza, 2015, atangira gushyirwa mu bikorwa taliki 04, Ugushyingo, 2016.

Ibihugu 196 byahuriye i Paris mu nama yiswe COP21, birayemeza.

Ikigo Spiro kivuga ko intego ari ugufasha u Rwanda kugera ku ntego y’uko nta mwotsi uturuka mu kinyabiziga uzongera kuherezwa mu kirere cyarwo kikazabikora binyuze mu ntego kise Pledge Net Zero( intego yo kugera kuri zeru mu myuka yoherezwa mu kirere).

Mu rwego kugira ngo abantu bazabone izo moto, ubishaka ajya ku biro aho zigurishirizwa akishyura Frw 75,000 by’ifatabuguzi, akazayibona mu mwaka utaha guhera muri Mutarama.

Uguze moto ahabwa n’icyuma kiyishyiramo umuriro akagishyira iwe, akajya arara ayicaginze.

TAGGED:AmasezeranoAmashanyaraziIbidukikijeIkirereMotariMoto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburundi Bwizeza u Rwanda Kutazahohotera Abagerageje Coup d’Etat
Next Article Uko Nakuraga Niko Nabonaga Ko Hari Byinshi Byo Gukora- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?