Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana Batozwa Na PSG Bafite Icyizere Cyo Kuzagera Kure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abana Batozwa Na PSG Bafite Icyizere Cyo Kuzagera Kure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2024 5:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gutozwa n’abakobwa babiri bo muri Paris Saint Germain, Ikipe y’abakobwa, abana bo mu Karere ka Bugesera bavuga ko bifitiye icyizere cyo kuzavamo abakinnyi bakomeye.

Gatanazi Jean Guilean ni umwana ufite imyaka 13 y’amavuko. Ari kumwe na bagenzi be bari bamaze icyumweru batozwa n’abakobwa babiri basanzwe bakina mu ikipe ya Paris Saint –Germain ikipe y’abagore.

Avuga ko abo bakobwa babatoje gucenga, kugumana umupira no gutsinda ariko byose bikagendana n’ikinyabupfura gisanzwe kiranga abakora siporo.

Ati: “ Paris Saint-Germain yatwigishije tekiniki nziza harimo gutanga umupira( pass), gutera amashoti no kurenza uwo muhanganye umupira. Numva nzajya muri Premier League”.

Mugenzi we witwa Ishimwe Keza avuga ko babahaye imyitozo bayishimiye, bakabatoza kugumana umupira “ku buryo uri imbere ajya gutsinda”.

Ati: “ Bizangirira inyungu n’akamaro”.

Paulina Dudek, umwe mu bakobwa babiri ba Paris Saint-Germain baje guhugura abana b’u Rwanda, avuga ko ubufatanye hagati y’u Rwanda n’ikipe ye ari ubufatanye bwiza kandi buzagira umusaruro mu buryo burambye.

Paulina Dudek

Avuga ko abana batojwe neza kandi yasanze bumva vuba ibyo batozwa.

Kuri we ngo ni ikintu kiza kubona b’u Rwanda bakomeza kuzamura urwego rwabo rw’umupira kugira ngo bazavemo abakinnyi beza.

Yabwiye Taarifa ko abona ko ubu bufatanye buzaramba kubera ko mu myaka itatu bumaze, byatanze umusaruro kuko umubare w’abana batozwa ukomeje kwiyongera.

Ati: “ Uyu mwaka ubaye uwa gatatu kandi tubona abana batozwa bakomeza kwiyongera. Ni ikintu gitanga icyizere kandi cy’ingirakamaro ku bana no ku mupira w’amaguru mu Rwanda muri rusange”.

Umunyarwanda ushinzwe ibikorwa bya PSG Academy mu Rwanda witwa Ndanguza Théonasse avuga ko abakinnyi ba Paris Saint-Germain b’abakobwa bakoze akazi kabo neza kandi bigaragara ko abana babishimiye.

Ushinzwe ibikorwa bya PSG Academy mu Rwanda witwa Ndanguza Théonasse

Avuga ko icyo bariya bakinnyi bibanzeho ari ukwigisha abana uko umupira ukinwa ushyizweho umutima.

Kuri we ngo gutoza abana nka bariya bibaha uburyo burambye bwo kuzakina umupira kandi ko ari amizero y’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Ndangiza atanga urugero rw’uko abakobwa bakina mu ikipe y’abakobwa ya APR FC ari abatorejwe muri Paris Saint-Germain Academy.

Muri iyi kipe harimo abana umunani batorejwe muri PSG.

Oriane Jean-François

Oriane Jean-François  yazanye na mugenzi we Paulina Dudek bakaba barasuye ahantu hatandukanye mu Rwanda.

Bageze mu Rwanda ku Cyumweru, bakazataha kuri uyu wa Gatanu taliki 05, Mata, 2024.

Dudek akomoka muri Poland naho Oriane we akomoka mu birwa bya Guyanne( Intara y’Ubufaransa).

TAGGED:AbanafeaturedGermainParisUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Uwinjije Magendu Yarashwe
Next Article AERG, GAERG Na RBC Mu Guhangana N’Ihungabana Ryo Kwibuka Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?