Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Iri Gucuruza Zahabu Nyinshi Muri Leta Zunze Ubumwe Z’Abarabu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC Iri Gucuruza Zahabu Nyinshi Muri Leta Zunze Ubumwe Z’Abarabu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2023 1:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iri buye rirahenda kubera aho rikoreshwa hatandukanye
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu Taliki 13, Mutarama, 2023 nibwo amasanduku ya mbere ya zahabu yavuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ajya muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Amakuru avuga ko Guverinoma y’i Abu Dhabi n’iy’i Kinshasa basinyanye amasezerano yo gucuruzanya zahabu.

Ku nshuro ya mbere, i Abu Dhabi hoherejwe ibilo 28 bya zahabu.

Ni ubucuruzi bukorwa binyuze mu kigo kitwa  Primera Gold DRC kiyoborwa na Joseph Kazibaziba.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imibare itangazwa na The Monitor ivuga ko mu mwaka wa 2021 muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo havuye ibilo 26 bya zahabu yoherejwe mu mahanga.

Ku rundi ruhande, mu mwaka wa 2021, bivugwa ko muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo hose hacukuwe toni 20 z’amabuye y’agaciro atandukanye ariko ngo yacukuwe mu buryo budakurikije amategeko.

Amasezerano hagati ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo na Leta zunze ubumwe z’Abarabu avuga ko ku mwaka Kinshasa izajya yoherereza Abu Dhabi toni imwe ya zahabu.

Bemeranyije ko ku mwaka Abu Dhabi izajya yakira toni 15 za zahabu iturutse muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ikigo Primera kivuga ko hari abacukuzi  30,000 biteguye kugicukurira zahabu yo mu Burasirazuba bwa DRC, bakazahembwa bisanzwe ariko hakiyongeraho no kubaha ubufasha mu by’ubuvuzi no kujyana abana ku ishuri.

- Advertisement -

Bizagorana kubera ko intambara imaze igihe muri kiriya gihugu, yatumye kitubaka ibitaro n’amashuri bihagije ndetse n’abarimu n’abaganga barahunga abandi bahasiga ubuzima.

Kugeza n’ubu intambara iracyakomeje muri DRC.

Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo buri mu bice by’isi bike bikize cyane ku mabuye y’agaciro.

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi aherutse kubwira ab’i Abu Dhabi ko ubufatanye nka buriya ari bwo yifuzaga kugirana n’ibihugu bituranye nawe.

Hejuru y’aya masezerano, hari andi impande zombi zagiranye bise Primera Metals DRC, arebana no gucukura amabuye y’agaciro atatu bita  tin, tungsten na tantalum( 3T).

Ubusanzwe zahabu ipimwa mu bipimo bita ‘ounce’ cyangwa amagarama.

Ifite agaciro k’uburyo buri segonda ibiciro byayo biba bihinduka ku isoko mpuzamahanga.

Abakene bacukura zahabu ikagirira akamaro abakire
TAGGED:CongofeaturedTshisekediZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa IMF Ategerejwe Mu Rwanda
Next Article Meddy Mu Ndirimbo Nshya Ashima Imana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?