Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana Icumi B’Abanyarwanda Boherejwe Kuvurirwa Umutima Muri Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abana Icumi B’Abanyarwanda Boherejwe Kuvurirwa Umutima Muri Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 August 2022 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku bufatanye bw’Ikigo cyo muri Israel kitwa Save A Child’s Heart na Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda,  abana icumi baherutse koherezwa muri Israel kugira ngo bavurwe umutima.

Umutima ugira ibibazo birimo kugira imitsi itarekura amaraso ahagije bitewe n’imitsi yazibye cyangwa ibindi bibazo bizwi n’abaganga.

Hari ikigo gifasha abana b’Abanyarwanda kujya kwivuza muri Israel kitwa Save A Child’s Heart (SACH).

Ni ikigo cyo muri Israel kitagengwa na Leta, kiyemeje gufasha abana bavukanye ibibazo by’umutima, bakavurwa bidahenze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abana baherutse koherezwa muri Israel ni abafite hagati y’imyaka ibiri n’imyaka 18 y’amavuko.

Mu Ukwakira, 2021 hari abandi bana batatu boherejwe muri Israel ngo bavurwe indwara zifata umutima bashobora kuba baravukanye.

Umuganga uvura indwara z’abana zirimo n’umutima witwa Dr. Emmanuel Rusingiza avuga ko buriya bufatanye ari ingenzi mu gutera inkunga abaganga b’u Rwanda kugira ngo hagire ababunganira mu kwita ku buzima bw’abana b’Abanyarwanda.

Asanzwe akorera mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK.

Ubufatanye hagati y’u  Rwanda na Israel mu rwego rwo kuvura, bwatumye hari abana 43 bamaze kuvurirwa muri kiriya gihugu.

- Advertisement -

Umunya Israel uyobora Ikigo Save A Child’s Heart avuga ko hari gahundA yo kujyana n’abandi bana muri Israel kugira ngo bahabwe buriya buvuzi.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam nawe ashima ko umubano w’igihugu cye n’u Rwanda umeze neza kandi wagukiye mu nzego nyinshi.

Ron Adam avuga ko izindi nzego u Rwanda rukoranamo na Israel harimo no kohereza abaganga b’Abanyarwanda bakajya kwihugurira muri Israel.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam
TAGGED:AdamfeaturedIsraelRonUmutima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article William Ruto: Umuherwe Wiyamamaza Avuga Ko Ashaka Inyungu Z’Abakene
Next Article Aborozi B’Amafi Barasaba Leta ‘Nkunganire’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?