Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana Icumi B’Abanyarwanda Boherejwe Kuvurirwa Umutima Muri Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abana Icumi B’Abanyarwanda Boherejwe Kuvurirwa Umutima Muri Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 August 2022 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku bufatanye bw’Ikigo cyo muri Israel kitwa Save A Child’s Heart na Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda,  abana icumi baherutse koherezwa muri Israel kugira ngo bavurwe umutima.

Umutima ugira ibibazo birimo kugira imitsi itarekura amaraso ahagije bitewe n’imitsi yazibye cyangwa ibindi bibazo bizwi n’abaganga.

Hari ikigo gifasha abana b’Abanyarwanda kujya kwivuza muri Israel kitwa Save A Child’s Heart (SACH).

Ni ikigo cyo muri Israel kitagengwa na Leta, kiyemeje gufasha abana bavukanye ibibazo by’umutima, bakavurwa bidahenze.

Abana baherutse koherezwa muri Israel ni abafite hagati y’imyaka ibiri n’imyaka 18 y’amavuko.

Mu Ukwakira, 2021 hari abandi bana batatu boherejwe muri Israel ngo bavurwe indwara zifata umutima bashobora kuba baravukanye.

Umuganga uvura indwara z’abana zirimo n’umutima witwa Dr. Emmanuel Rusingiza avuga ko buriya bufatanye ari ingenzi mu gutera inkunga abaganga b’u Rwanda kugira ngo hagire ababunganira mu kwita ku buzima bw’abana b’Abanyarwanda.

Asanzwe akorera mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK.

Ubufatanye hagati y’u  Rwanda na Israel mu rwego rwo kuvura, bwatumye hari abana 43 bamaze kuvurirwa muri kiriya gihugu.

Umunya Israel uyobora Ikigo Save A Child’s Heart avuga ko hari gahundA yo kujyana n’abandi bana muri Israel kugira ngo bahabwe buriya buvuzi.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam nawe ashima ko umubano w’igihugu cye n’u Rwanda umeze neza kandi wagukiye mu nzego nyinshi.

Ron Adam avuga ko izindi nzego u Rwanda rukoranamo na Israel harimo no kohereza abaganga b’Abanyarwanda bakajya kwihugurira muri Israel.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam
TAGGED:AdamfeaturedIsraelRonUmutima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article William Ruto: Umuherwe Wiyamamaza Avuga Ko Ashaka Inyungu Z’Abakene
Next Article Aborozi B’Amafi Barasaba Leta ‘Nkunganire’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?