Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abandika Mu Gifaransa Barifuza Kurushaho Kwandika Kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abandika Mu Gifaransa Barifuza Kurushaho Kwandika Kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2024 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Kigali hari kubera Ihuriro ry’abanditsi b’amateka ngo bigire hamwe uko barushaho kwandika aya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi mu Gifaransa.

Bahuye habura igihe gito ngo Abanyarwanda bibuke Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

Vincent Duclert wayoboye itsinda ry’abanyamateka banditse ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko hari ikindi gitabo aherutse gusohora cyacukumbuye neza uruhande rw’iki gihugu mu gutuma iyo Jenoside iba.

Avuga ko kimwe mu bibyerekana ari uko Perezida w’Ubufaransa bw’icyo gihe François Mittérand yari inshuti na mugenzi we w’u Rwanda rw’icyo gihe  Juvénal Habyarimana bityo ko yari bumubuze gukomeza umugambi we iyo biza kuba biri muri politiki ye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iyi ntiti ivuga ko Ihuriro ry’abanditsi b’amateka nka ririya ari uburyo bwiza bwo kungurana ibitekerezo hagamijwe kwandika Amateka atagoretse kandi hagamijwe umubano uzira amacenga n’urwikekwe hagati ya Kigali na Paris.

Ati: “ Iki gitabo cyamfashije kwandika Amateka ya Repubulika ya Gatanu na Demukarasi y’Ubufaransa yahindutse ubutegetsi bw’igitugu. Ubwo bugambanyi nibwo bworohereje bunatiza umurindi Jenoside yakorewe Abatutsi”.

Vincent Duclert avuga ko kugaragaza ukuri ari rwo ruhare rwe nk’Umunyamateka kandi bigira uruhare mu gutegura ejo heza h’ibihugu byombi.

Abanditsi bo mu Rwanda bavuga ko ririya huriro rizabafasha kunguka abandi banditsi bashobora kuzakorana mu gihe kiri imbere.

Ibitabo bari kwandika mu mwaka wa 2024 ni ibyibanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ari umwaka wihariye ku Rwanda no ku Bufaransa kubera amateka ibihugu byombi bisangiye.

- Advertisement -

Taliki 07, Mata, 2024 Abanyarwanda bazibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

Biteganyijwe ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubufaransa Stéphane Sejourné ari we uzahagararira igihugu cye muri uyu muhango.

Twababwira ko Vincent Duclert aherutse gusohora igitabo yise “La France Face Au Génocide de Tutsis, Le Grand Scandale de la Cinquième République”.

Vincent Duclert aherutse gusohora iki gitabo
TAGGED:AbatutsiAmatekaBufaransafeaturedIgifaransaJenosideRwandaVincent
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango:Uwari Ugiye Kubyara Impanga Yabuze Ubutabazi Apfana Nazo
Next Article Ruti Joël Agiye Gutaramira Muri Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?