Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abandika Mu Gifaransa Barifuza Kurushaho Kwandika Kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abandika Mu Gifaransa Barifuza Kurushaho Kwandika Kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2024 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Kigali hari kubera Ihuriro ry’abanditsi b’amateka ngo bigire hamwe uko barushaho kwandika aya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi mu Gifaransa.

Bahuye habura igihe gito ngo Abanyarwanda bibuke Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

Vincent Duclert wayoboye itsinda ry’abanyamateka banditse ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko hari ikindi gitabo aherutse gusohora cyacukumbuye neza uruhande rw’iki gihugu mu gutuma iyo Jenoside iba.

Avuga ko kimwe mu bibyerekana ari uko Perezida w’Ubufaransa bw’icyo gihe François Mittérand yari inshuti na mugenzi we w’u Rwanda rw’icyo gihe  Juvénal Habyarimana bityo ko yari bumubuze gukomeza umugambi we iyo biza kuba biri muri politiki ye.

Iyi ntiti ivuga ko Ihuriro ry’abanditsi b’amateka nka ririya ari uburyo bwiza bwo kungurana ibitekerezo hagamijwe kwandika Amateka atagoretse kandi hagamijwe umubano uzira amacenga n’urwikekwe hagati ya Kigali na Paris.

Ati: “ Iki gitabo cyamfashije kwandika Amateka ya Repubulika ya Gatanu na Demukarasi y’Ubufaransa yahindutse ubutegetsi bw’igitugu. Ubwo bugambanyi nibwo bworohereje bunatiza umurindi Jenoside yakorewe Abatutsi”.

Vincent Duclert avuga ko kugaragaza ukuri ari rwo ruhare rwe nk’Umunyamateka kandi bigira uruhare mu gutegura ejo heza h’ibihugu byombi.

Abanditsi bo mu Rwanda bavuga ko ririya huriro rizabafasha kunguka abandi banditsi bashobora kuzakorana mu gihe kiri imbere.

Ibitabo bari kwandika mu mwaka wa 2024 ni ibyibanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ari umwaka wihariye ku Rwanda no ku Bufaransa kubera amateka ibihugu byombi bisangiye.

Taliki 07, Mata, 2024 Abanyarwanda bazibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30.

Biteganyijwe ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubufaransa Stéphane Sejourné ari we uzahagararira igihugu cye muri uyu muhango.

Twababwira ko Vincent Duclert aherutse gusohora igitabo yise “La France Face Au Génocide de Tutsis, Le Grand Scandale de la Cinquième République”.

Vincent Duclert aherutse gusohora iki gitabo
TAGGED:AbatutsiAmatekaBufaransafeaturedIgifaransaJenosideRwandaVincent
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango:Uwari Ugiye Kubyara Impanga Yabuze Ubutabazi Apfana Nazo
Next Article Ruti Joël Agiye Gutaramira Muri Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?