Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 11 Barimo Abana Barindwi Baguye Mu Mpanuka Y’Ubwato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abantu 11 Barimo Abana Barindwi Baguye Mu Mpanuka Y’Ubwato

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2021 10:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri iki Cyumweru tariki 08, Kanama, 2021 abantu bari mu bwato bagira ngo bambuke ikiyaga cya Tanganyika baje kurohama nyuma y’uko bugonze ibuye, bukarohama. Hapfuye abantu 11 barimo abana barindwi. Byabereye ku gice cya kiriya kiyaga cyegereye umupaka w’u Burundi na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abaturiye inkombe za kiriya kiyaga bavuga ko abakozi bo mu by’ubutabazi baje kureba mu gitondo basanga ku nkombe hari imirambo ine y’abagore, ine y’abana b’abakobwa n’indi itatu y’abana b’abahungu.

Ibi bibaye nyuma y’uko no ku wa Gatandatu hari abantu 62 barohamye ariko Imana ikinga akaboko ntihagira abahasiga ubuzima.

The Nation yanditse ko kugeza ubu nta mubare uramenyekana w’abantu bose bari bari muri buriya bwato.

Ababibonye bavuga ko buriya bwato bwavaga ahitwa Uvira bugana ahitwa Karamba mu mwigimbakirwa wa Ubwari.

Bwagonze ibuye bugeze ahitwa Mboko, buhita burohama. Ni ubwato bwa moteri.

Ubujyakuzimu bw’Ikiyaga cya Tanganyika burihariye…

Ikiyaga cya Tanganyika ni cyo kiyaga cya Mbere muri Afurika gifite ubujyakuzimu( aho ari hose) burebure kurusha ubundi, kikaba icya kabiri ku isi nyuma y’ikiyaga cya Baikal kiba muri Siberia.

Gikora ku bihugu bine ari byo: Tanzania, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, u Burundi na Zambia,

Tanzania na Repubulika ya Demukarasi ya Congo nibyo bifite ubuso bunini bw’iki kiyaga kuko Tanzania ifite 46% mu gihe Repubulika ya Demukarasi ya Congo ifite 40% by’ubuso bwacyo.

Amazi ava muri iki kiyaga ayoboka mu ruzi rwa Congo, narwo rukayajyana mu Nyanja ya Atlantic.

Nicyo kiyaga cya mbere muri Afurika gifite ubujyakuzimu burebure

Ikiyaga cya Tanganyika kiri mu biyaga bifite amazi atarimo umunyu kurusha ibindi, ndetse ngo kihariya 16% by’amazi y’ibiyaga atarimo umunyu( bayita fresh water).

Gifite kilometero 50 z’ubugari na kilometero 676 z’uburebure.Kiri ku buso bwa 32,900 km2, kikagira ubujyakuzimu bwa kilometero 1,471 mu kiyaga rwagati n’ubwa 570 m ku nkombe.

TAGGED:BurundiCongofeaturedMoteriTanganyikaUbwato
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igisigaye Ni Ukubaka Inzego Z’Umutekano Za Mozambique-Umuvugizi Wa RDF
Next Article U Rwanda Rwatangiye Kuvanga Inkingo Za AstraZeneca Na Pfizer
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?