Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss Rwanda 2022 Azahembwa Imodoka Izaba Igeze Mu Gihugu Bwa Mbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Miss Rwanda 2022 Azahembwa Imodoka Izaba Igeze Mu Gihugu Bwa Mbere

Last updated: 28 December 2021 8:57 am
Share
SHARE

Irushanwa ritoranya Nyampinga w’u Rwanda rigiye kuba ku nshuro ya 11, hashakishwa umukobwa uzegukana ikamba ubu rifitwe na Ingabire Grace w’imyaka 25, uryambaye guhera ku wa 21 Werurwe 2021.

Ku Cyumweru nibwo hamenyekanye ibihembo bizatangwa mu irushanwa ry’umwaka utaha n’ibihembo bizatangwa.

Umuyobozi muri Hyundai Rwanda, Nshimiyimana J.M.V, yavuze ko bishimiye kuba mu baterankunga ba Miss Rwanda ku nshuro ya kabiri.

Ati “Tuzatanga imodoka nshya ya Hyundai Venue. Iyi izaba ari iya mbere yo muri ubwo bwoko yinjiye mu gihugu. Icyo gihembo nyamukuru kizagendana n’izindi serivisi zose zizakenerwa.”

Hyundai Venue ibarirwa igiciro cya $20,000 mbere y’uko igezwa mu Rwanda.

Umuvugizi wa Miss Rwanda Organization itegura iri rushanwa, Nimwiza Meghan, yatangaje ko kwiyandikisha byatangiye, birimo gukorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Yavuze ko iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 11 rizitabirwa n’abaterankunga benshi, ndetse hitezwemo n’abazahatana benshi.

Biteganywa ko amajonjora yo gushaka abazaryitabira azatangira muri Mutarama 2022.

Nimwiza yanavuze ko irushanwa ry’umwaka utaha rigiye kuba mu gihe bakomeje amavugurura agamije gutuma abakunzi baryo baryoherwa kurushaho no gukomeza gutanga ubutumwa bujyanye n’irushanwa.

Mu bihembo bizatangwa uyu mwaka, biteganywa ko abakobwa 10 ba mbere bose bazahabwa buruse zo kwiga muri Kaminuza ya Kigali, amasomo bihitiyemo.

Ni igikorwa iyi Kaminuza ivuga ko kizakomeza mu myaka itatu iri imbere.

Mu baterankunga kandi harimo African Improved Foods Rwanda, izahemba umushinga umwe w’umukobwa uzaba uri mu bahatana.

Mu baterankunga hinjiyemo uruganda rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasembuye, Bralirwa Plc.

Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa, Martine Gatabazi, yavuze ko bazaha Miss Heritage 2022 igihembo cya 5,000,000 Frw ndetse bagatera inkunga ubukangurambaga bwe mu bijyanye n’umuco.

Mu irushanwa ritaha kandi Banki ya Kigali yemeye guhemba umushinga ugaragaza guhanga ibishya uzahiga indi yose mu irushanwa, hakiyongeraho igihembo cya Frw 500,000.

Umukobwa uzagaragaza uwo mushinga kandi azahabwa amahugurwa ahagije ku bufatanye na Inkomoko, ku buryo bwo kunoza umushinga we.

Ni urushanwa rizatambuka kuri shene ya kabiri ya RBA, KC2.

 

TAGGED:featuredHyundai VenueimodokaMiss Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya n’Iziva i Dubai
Next Article Umuhanzi W’Icyamamare Muri DRC Gen Defao Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

You Might Also Like

Ubukungu

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?