Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 17 Bafashwe Bari Gusengera Mu Rugo Rw’Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abantu 17 Bafashwe Bari Gusengera Mu Rugo Rw’Umuturage

admin
Last updated: 27 May 2021 7:54 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kagogo, ku bufatanye n’inzego z’ibanze bafatiye mu rugo rw’umuturage w’imyaka 50, abantu 17 barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.

Bafashwe ku wa Kabiri tariki ya 25 Gicurasi. Bose uko ari 17 basengera mu itorero rya ADEPR, bari baturutse mu mirenge ya Kagogo na Cyanika.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera, SP Aphorodice Nkundineza, yavuze ko amakuru y’aba bantu bayamenye mu ma saa saba z’amanywa, bayabwiwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Duhita tujyayo dusanga koko barahari, bateraniye mu cyumba gifunganye, begeranye, barimo basenga, barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19, turabafata.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yibukije abanyamasengesho n’abaturage muri rusange barenga ku mabwiriza yo kwirinda no kurwanya ikwirakwizwa rya COVID-19 ko bakwiye kureka imyitwarire igendanye n’imyumvire yabo, inyuranya n’amabwiriza yo kurwanya iki cyorezo.

Yagize ati “Kwitwaza ko uri umunyamasengesho ntibivuze ko utakwandura cyangwa ngo wanduze abandi COVID-19, kuko yo ntirobanura, ifata uwo ariwe wese.  Nubwo insengero zifunze hari izemerewe gukora, abantu bakwiye kuba arizo bajya gusengeramo, bakwiye kumenya ko niba Leta ishyizeho amabwiriza ajyanye no kurwanya iki cyorezo atareba bamwe ngo abandi bayirengagize.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Mwambutsa Emmy Wilson, yabwiye abasengaga kureka ibikorwa byo guteranira ahantu hatemewe, kuko bikwirakwiza ubwandu. Ahubwo, bakagira uruhare mu kwirinda banarinda abandi  bateranira mu nsengero zafunguwe, kandi nabwo bakubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kurwanya COVID-19.

Abafashwe bajyanwe ku biro by’Umurenge wa Cyanika bongera kwigishwa amabwiriza ajyanye no kurwanya Covid-19, banacibwa amande nk’uko amabwiriza abiteganya.

TAGGED:BureraCOVID-19featuredPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bana Mwirinde Ibyaha Kuko N’Ufite Imyaka 16 Arabihanirwa- Umuyobozi Wungirije Wa RIB
Next Article Perezida Macron Yageze I Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?