Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 19 Bishwe Barasiwe i Kabul Muri Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 19 Bishwe Barasiwe i Kabul Muri Afghanistan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2021 1:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murwa mukuru wa Afghanistan ari wo Kabul habereye ubwicanyi bukomeye bwaguyemo abantu 19 abandi 50 barakomereka. Byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa sita z’amanywa.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa yanditse ku rubuga rwayo ko umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ubuzima muri kiriya gihugu yayibwiye ko abakomeretse bajyanywe mu bitaro bya gisirikare bya Kabul.

Bivugwa ko kiriya gitero cyari kigamije kwica abarwayi barwariye muri biriya bitaro bikorwamo n’abaganga batojwe n’ingabo z’Amerika ziherutse gutahuka nyuma y’icyemezo cya Perezida Biden.

Ubu bwicanyi buje bukurikira ubundi bukomeye kurushaho bwakozwe muri Kanama, 2021, bwabereye ku kibuga cy’indege kitiriwe Hamid Kharzai wigeze gutegeka Afghanistan.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo gihe inzego z’umutekano za Leta zunze ubumwe za Amerika n’iza Afghanistan zatangaje ko abaturage nibura 60 n’abasirikare 12 ba Amerika aribo biciwe ku kibuga cy’indege, baturikanwe n’ibisasu byakomerekeje abandi benshi.

Ntabwo abaturikije biriya bisasu bahise bamenyekana, ariko nyuma ibyo bitero byaje kwigambwa n’umutwe wa Islamic state.

Icyo gihe habanje guturika ibisasu bibiri byanahitanye abasirikare 12 ba Amerika bari bacunze umutekano w’abaturage benshi, bakoraniye ku kibuga cy’indege bashaka guhunga.

Abandi basirikare 15 bakomeretse, mu gihe mu baturage habarurwa abasaga 140 nk’uko Al Jazeera yabitangaje icyo gihe.

Mu gihe abantu bari bakigerageza gutabara inkomere, amakuru avuga ko hahise haba iturika ry’ikindi gisasu cya gatatu.

- Advertisement -

Muri iki gihe Afghanistan iyoborwa n’Abatalibani bayambuye ubutegetsi bwa Ashraf Ghani wari ushyigikiwe na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Kugeza ubu ntawe urigamba igitero cyagabye ku bitaro by’i Kabul kuri uyu wa Kabiri tariki 02, Ugushyingo, 2021.

TAGGED:AbafaransaAfghanistanAmerikafeaturedIkibuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Havutse Ikigega Cy’Ishoramari Cya Miliyoni $250
Next Article RBC Yagizwe Ikigo cy’Icyitegererezo Mu Gukingira COVID-19 Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?