Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 19 Bishwe Barasiwe i Kabul Muri Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 19 Bishwe Barasiwe i Kabul Muri Afghanistan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2021 1:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murwa mukuru wa Afghanistan ari wo Kabul habereye ubwicanyi bukomeye bwaguyemo abantu 19 abandi 50 barakomereka. Byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa sita z’amanywa.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa yanditse ku rubuga rwayo ko umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ubuzima muri kiriya gihugu yayibwiye ko abakomeretse bajyanywe mu bitaro bya gisirikare bya Kabul.

Bivugwa ko kiriya gitero cyari kigamije kwica abarwayi barwariye muri biriya bitaro bikorwamo n’abaganga batojwe n’ingabo z’Amerika ziherutse gutahuka nyuma y’icyemezo cya Perezida Biden.

Ubu bwicanyi buje bukurikira ubundi bukomeye kurushaho bwakozwe muri Kanama, 2021, bwabereye ku kibuga cy’indege kitiriwe Hamid Kharzai wigeze gutegeka Afghanistan.

Icyo gihe inzego z’umutekano za Leta zunze ubumwe za Amerika n’iza Afghanistan zatangaje ko abaturage nibura 60 n’abasirikare 12 ba Amerika aribo biciwe ku kibuga cy’indege, baturikanwe n’ibisasu byakomerekeje abandi benshi.

Ntabwo abaturikije biriya bisasu bahise bamenyekana, ariko nyuma ibyo bitero byaje kwigambwa n’umutwe wa Islamic state.

Icyo gihe habanje guturika ibisasu bibiri byanahitanye abasirikare 12 ba Amerika bari bacunze umutekano w’abaturage benshi, bakoraniye ku kibuga cy’indege bashaka guhunga.

Abandi basirikare 15 bakomeretse, mu gihe mu baturage habarurwa abasaga 140 nk’uko Al Jazeera yabitangaje icyo gihe.

Mu gihe abantu bari bakigerageza gutabara inkomere, amakuru avuga ko hahise haba iturika ry’ikindi gisasu cya gatatu.

Muri iki gihe Afghanistan iyoborwa n’Abatalibani bayambuye ubutegetsi bwa Ashraf Ghani wari ushyigikiwe na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Kugeza ubu ntawe urigamba igitero cyagabye ku bitaro by’i Kabul kuri uyu wa Kabiri tariki 02, Ugushyingo, 2021.

TAGGED:AbafaransaAfghanistanAmerikafeaturedIkibuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Havutse Ikigega Cy’Ishoramari Cya Miliyoni $250
Next Article RBC Yagizwe Ikigo cy’Icyitegererezo Mu Gukingira COVID-19 Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?