Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 27 Bafatiwe Mu Nzu Barimo Gusenga Barenze Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 27 Bafatiwe Mu Nzu Barimo Gusenga Barenze Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID-19

admin
Last updated: 16 March 2021 9:26 am
admin
Share
SHARE

Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yasanze abantu 27 mu nzu iherereye mu Murenge wa Manyagiro, barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. 

Bafashwe ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki ya 14 Werurwe, baturutse mu mirenge itandukanye kuko hari abari baturutse mu Mirenge ya Rubaya na Cyumba mu Karere ka Gicumbi no mu Murenge wa Bungwe wo mu  Karere ka Burera.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi SP  Jean Bosco Minani  yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, bari  basanzwe babona abo bantu bajya kuhasengera cyane cyane ku Cyumweru.

Ati “Hari saa munani z’amanywa nibwo umuturage yaduhaye amakuru tujyayo dusanga abantu bateraniye mu cyumba gifunganye barimo gusenga. Nyiri urugo ni we wari uyoboye amasengesho, twasanze nta bwiriza na rimwe ryo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 bubahirije.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

SP Minani  yakomeje avuga ko ukurikije uko abo bantu banganaga  mu cyumba kimwe byari biteye impungenge ko bakwanduzanya COVID-19 kuko bari begeranye cyane  harimo ubushyuhe bwinshi, harimo abatambaye udupfukamunwa ndetse nta n’aho gukarabira hahari.

Yakomeje akangurira abaturage gukurikiza amabwiriza, bakareka imyumvire itari myiza ibabuza kugendera ku mabwiriza Igihugu kiba cyatanze.

Ati” Ntabwo Leta ibuza abantu gusenga ndetse hano mu Karere ka Gicumbi hari insengero 81 zujuje amabwiriza yo kwirinda COVID-19 zemerewe gusengerwamo. Ariko bariya banze kuzijyamo ahubwo bahitamo kujya kubyiganira mu nzu y’uriya muturage.”  

Abafashwe baganirijwe bibutswa ubukana bw’icyorezo cya COVID-19 n’ingaruka zacyo ku buzima bw’abantu, basabwa kubahiriza amabwiriza yo kukirinda nyuma bacibwa amande.

TAGGED:COVID-19GicumbiPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’U Rwanda Na Polisi Muri Centrafrique Bakingiwe COVID-19
Next Article CP Kabera Yakingiwe COVID, Ati: ‘Kurikiza Amabwiza Yose Yo Kuyirinda’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?