Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 27 Bafatiwe Mu Nzu Barimo Gusenga Barenze Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 27 Bafatiwe Mu Nzu Barimo Gusenga Barenze Ku Mabwiriza Yo Kurwanya COVID-19

admin
Last updated: 16 March 2021 9:26 am
admin
Share
SHARE

Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yasanze abantu 27 mu nzu iherereye mu Murenge wa Manyagiro, barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. 

Bafashwe ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki ya 14 Werurwe, baturutse mu mirenge itandukanye kuko hari abari baturutse mu Mirenge ya Rubaya na Cyumba mu Karere ka Gicumbi no mu Murenge wa Bungwe wo mu  Karere ka Burera.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi SP  Jean Bosco Minani  yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, bari  basanzwe babona abo bantu bajya kuhasengera cyane cyane ku Cyumweru.

Ati “Hari saa munani z’amanywa nibwo umuturage yaduhaye amakuru tujyayo dusanga abantu bateraniye mu cyumba gifunganye barimo gusenga. Nyiri urugo ni we wari uyoboye amasengesho, twasanze nta bwiriza na rimwe ryo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 bubahirije.”

SP Minani  yakomeje avuga ko ukurikije uko abo bantu banganaga  mu cyumba kimwe byari biteye impungenge ko bakwanduzanya COVID-19 kuko bari begeranye cyane  harimo ubushyuhe bwinshi, harimo abatambaye udupfukamunwa ndetse nta n’aho gukarabira hahari.

Yakomeje akangurira abaturage gukurikiza amabwiriza, bakareka imyumvire itari myiza ibabuza kugendera ku mabwiriza Igihugu kiba cyatanze.

Ati” Ntabwo Leta ibuza abantu gusenga ndetse hano mu Karere ka Gicumbi hari insengero 81 zujuje amabwiriza yo kwirinda COVID-19 zemerewe gusengerwamo. Ariko bariya banze kuzijyamo ahubwo bahitamo kujya kubyiganira mu nzu y’uriya muturage.”  

Abafashwe baganirijwe bibutswa ubukana bw’icyorezo cya COVID-19 n’ingaruka zacyo ku buzima bw’abantu, basabwa kubahiriza amabwiriza yo kukirinda nyuma bacibwa amande.

TAGGED:COVID-19GicumbiPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’U Rwanda Na Polisi Muri Centrafrique Bakingiwe COVID-19
Next Article CP Kabera Yakingiwe COVID, Ati: ‘Kurikiza Amabwiza Yose Yo Kuyirinda’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?