Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Basanze Uruhinja Mu Ishyamba Baruhataye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Basanze Uruhinja Mu Ishyamba Baruhataye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2022 7:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke umugore wihitiraga yasanze uruhinja ku kayira gaturiye ishyamba baruhataye.

Amakuru avuga ko rufite hagati y’ukwezi n’igice n’amezi abiri, rukaba ari umuhungu. Uwaruhataye yaruryamishije mu gitenge ararusegura arangije arigendera.

Uwarutoye ni umugore wihitiraga aho ngaho witwa Epiphanie Ntakobatagira wasanze urwo ruhinja ku kayira gaturanye n’ishyamba n’urubingo ndetse n’ibishyimbo biteye mu isambu y’abitwa Florida Bihoyiki  na Rumaziminsi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke witwa Félicien Cyubahiro yabwiye Taarifa ko bakimara kumva ayo makuru bahise bihutira kujyana urwo ruhinja ku bitaro bya Nemba ngo rwitabweho rushyirwe ahantu hatuma rushyuha kandi ruhabwe insimburabere kuko Nyina we yarutaye.

Cyubahiro ati: “ Amakuru twayamenye byabaye, umwana twamujyanye  kwa muganga ngo ahabwe amata, ashyirwe n’ahantu hamurinda ubukonje turebe ko twaramira ubuzima bwe.”

Avuga ko inzego z’umutekano n’ubuyobozi bari gushakisha uwaba yataye ruriya ruhinja gusa ngo kumumenya biragoye kubera ko abaturage baturiye aho uwo mwana yatoraguwe, barebye basanga batazi nyiri igitenge uwo mwana yari aryamishijwemo.

Icyakora ngo barakomeza bakorane n’abaturiye Umurenge wa Gakenke barimo abo mu Murenge wa Nemba kugira ngo bahanahane amakuru barebe niba uwataye ruriya ruhinja yamenyekana.

Atanga ubutumwa busaba abakobwa baterwa inda bagatereranwa ko aho kugira ngo ingaruka baziture uruhinja, bajya begera inzego zikabafasha kwita kuri abo baziranenge.

Ati: “ Ibyakozwe ni ukwambura umwana uburenganzira bwo kubaho. Uwaba yumva ko yatewe inda n’umuntu atemera hari amategeko ahari yabikemura, byaba ari ubukene Leta ifite uburyo bwo gufasha abatishoboye.”

Gitifu w’Umurenge wa Gakenke

Abakurikirana imibereho y’Abanyarwanda muri rusange n’iy’abangavu by’umwihariko bavuga ko hari abakobwa bahitamo guta abana babo cyangwa bakihekura kubera ko baba baratewe inda imburagihe bagatereranwa, bigatuma badatekereza kure ngo barinde abana babo ahubwo bakaba ari bo batura ibibazo.

Bavuga ko kubyara umwana kandi nawe akiri umwana bihungabanya imitekerereze y’umukobwa akenshi uba ukomoka no mu muryango utifashije agahitamo guta uwo yibarutse akigendera.

Iki kandi ni kimwe mu bibazo byugarije umuryango nyarwanda muri iki gihe.

TAGGED:AbangavuAbanyarwandafeaturedGakenkeUmurengeUruhinja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ RWANDA Yagabanyije Ibiciro Muri Poromosiyo Isoza Umwaka
Next Article Umunyarwanda Wabaye Mu Ngabo Z’u Bufaransa Agacyura Igihe Ashima Ko Ashaje Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?